skol
fortebet

MINALOC yashyize hanze amabwiriza mashya agomba kugenga amadini arimo kuyabuza kubatiza

Yanditswe: Friday 31, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasohoye amabwiriza mashya agenga imikoreshereze y’insengero mu gihe cya #COVID19 arimo ko imihango yo kubatizwa itemewe n’ibijyanye no gutura,guhazwa,igaburo ryera n’ibindi.

Sponsored Ad

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu [MINALOC]yashyize hanze amabwiriza mashya agomba agenga insengero nyuma y’aho zikomorewe mu nama y’abaminisitiri yayobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuwa 15 Nyakanga 2020.

Muri aya mabwiriza harimo ko insengero nini zitagomba kurenza abantu 300 ndetse ko mu bice biri muri gahunda ya Guma mu Rugo, insengero ntizigomba gufungurwa.

AMWE MU MABWIRIZA YA MINALOC

MINALOC yavuze ko insengero zose zizafungurwa ari uko zibanje kugenzurwa n’itsinda ry’Umurenge rishinzwe gukurikirana ko zujuje ibisabwa mu kwirinda Coronavirus, bikemezwa n’ubuyobozi bw’Akarere kandi bikamenyeshwa mu nyandiko.

Mu bice biri muri gahunda ya Guma mu Rugo, insengero ntizigomba gufungurwa.

Mu gutanga amaturo, abayoboke bayatanga hakoreshejwe ikoranabuhanga [Momo, Money transfer, Bank Transfer, aho bidashoboka hakoreshwa ubundi buryo ariko hakubahirizwa ingamba zo kwirinda Coronavirus.

Abakira amaturo y’ibitari amafaranga, hateganywa ahantu hihariye bizashyirwa mbere yo gusenga kandi hakubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

Igaburo ryera/guhazwa biremewe ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

Uhazwa, uhaza ndetse n’abasangira igaburo ryera bagomba kubanza gukaraba neza. Bagomba kandi kwirinda guhererekanya cyangwa gusangirira ku bikoresho bikoreshwa muri icyo gikorwa. Aho bitabangamiye imyemerere, hakoreshwa uburyo bwo kwihereza (self-service) mu gusangira igaburo ryera.

Abakorerabushake bahuguwe bafasha mu kubahiriza ingamba zo kwirinda Coronavirus bagomba kuba bari ku rusengero igihe cyose hari igikorwa cyahabereye, kandi bafite ikibaranga.

Kuri buri rusengero hagomba kugaragara umubare ntarengwa w’abakwiye kurusengeramo muri iki gihe cya Covid-19, ukamanikwa ahagaragara.

Gahunda yo gusenga (iminsi n’amasaha), igomba kumanikwa ku rusengero ahagaragara kandi ikamenyeshwa ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo buzabashe gukurikirana no kugenzura.

IBIBUJIJWE

Gukoranaho, guhoberana, guhana ibiganza birabujijwe

Birabujijwe kuramukanya cyangwa kwegerana cyane (metero imwe) mbere na nyuma yo gusenga.

Guhererekanya ibikoresho byo mu nsengero nk’indangururamajwi (Micro-phone), ibitabo n’ibindi ntabwo byemewe.

Abana bonka n’abafite munsi y’imyaka 12 ntibemerewe kuza mu materaniro.

Gusengera abantu babakoraho cyangwa babarambikaho ibiganza nabyo ntibyemewe.

Birabujijwe kujya mu nsengero mu masaha abantu batemerewe kugenda (curfew).

Imihango yo kubatizwa ntabwo yemewe.






Ibitekerezo

  • Murabona ko Abayehova bareba kure.Bavuga ko batazafungura insengero zabo kubera kugira amakenga y’ubuzima.Tekereza kujya gusenga usize abana bawe ngo nuko batagejeje ku myaka 12.Cyangwa kuririmba upfutse umunwa.Abazakuramo inyungu gusa ni pastors bagiye kongera kurya amafaranga y’abantu biyita abakozi b’imana.Nyamara Yesu n’Abigishwa be batarasabaga icyacumi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa