skol
fortebet

Ingabo z’ u Rwanda zitabiriye umuhango wo gushyingura Ntivuguruzwa warasiwe n’ umusirikare I Gikondo

Yanditswe: Sunday 14, May 2017

Sponsored Ad

Mu izina rya RDF, Maj Gen Jack Nziza yihanganishije umuryango n’inshurti zabuze uwabo, abizeza ko ubutabera buzatangwa, abahamwe n’icyaha bakabihanirwa bikomeye.
Ntivuguruzwa w’imyaka 28 y’amavuko yarashwe mu ijoro ryo kuwa 9 rishyira ku wa 10 Gicurasi 2017 i Gikondo, mu Murenge wa Kigarama, Akarere ka Kicukiro.
Abasirikare babiri bamurashe bari mu kazi ko gucunga umutekano muri ako gace, ariko ntiharamenyekana icyabateye kurasa uwo muturage. Ariko Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko (...)

Sponsored Ad

Mu izina rya RDF, Maj Gen Jack Nziza yihanganishije umuryango n’inshurti zabuze uwabo, abizeza ko ubutabera buzatangwa, abahamwe n’icyaha bakabihanirwa bikomeye.

Ntivuguruzwa w’imyaka 28 y’amavuko yarashwe mu ijoro ryo kuwa 9 rishyira ku wa 10 Gicurasi 2017 i Gikondo, mu Murenge wa Kigarama, Akarere ka Kicukiro.

Abasirikare babiri bamurashe bari mu kazi ko gucunga umutekano muri ako gace, ariko ntiharamenyekana icyabateye kurasa uwo muturage. Ariko Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko abakekwaho kumwica bari basinze, binyuranyije n’imyitwarire iranga abasirikare b’u Rwanda. Abo basirikare bahise batabwa muri yombi.

Mu ishyingurwa rya Ntivuguruzwa, mu izina rya RDF, Maj Gen Jack Nziza yihanganishije umuryango n’inshurti zabuze uwabo, abizeza ko ubutabera buzatangwa, abahamwe n’icyaha bakabihanirwa bikomeye.

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana, yashimangiye ko RDF irangwa n’ikinyabupfura, ati “ Indangagciro za RDF zirasobanutse, inshingano zacu ni ukurinda abaturage ntabwo ari ukubahohotera. RDF ntiyihanganira na gato abagaragaje imyitwarire mibi. Mbisobanure neza, abakoze kino cyaha [cyo kwica Ntivuguruzwa ] babikoze ku bwabo, si mu rya RDF.

Nubwo nta cyasimbura ubuzima bw’uwabo bakundaga, umubyeyi wa Ntivuguruzwa, inshuti n’abavandimwe bashimiye RDF yifatanyije na bo mu kababaro, ikanitabira ishyingurwa rye.

Ibitekerezo

  • ABAMWISHE BABAHANE

    Iyomyitwarire Yubusinzi Kushinzwumutekano Turayamaganye.

    Birababaje kunwa sicyaha ariko kunwa ,ugasinda ,ushizwe umutekano .nikosa mubikosore .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa