skol
fortebet

Ruhango: Amabandi batoboye Ikigo yiba mudasobwa abanyeshuri bigiragaho

Yanditswe: Thursday 08, Feb 2018

Sponsored Ad

Abantu bataramenyekana batoboye Ikigo cy’ Urwunge rw’ amashuri rwa Bukomero biba mudasobwa 10 zo mu bwoko bwa positivo. Abazamu bararira iki kigo ntabwo bazi igihe aba bajura batoboreye ikigo.
Aya makuru yamenyekanye mu gitondo saa 6:50 kuri uyu wa Kane tariki 8 Gashyantare 2018 ubwo abazamu bari barimo kuzimya amatara ngo nibwo babonye ko idirishya ry’ icyumba cyikwagamo mudasobwa kirangaye.
Umuyobozi w’ Ikigo Madamu Grace Usabyimana yatangarije UMURYANGO ko kugeza ubu abibye izo mudasobwa (...)

Sponsored Ad

Abantu bataramenyekana batoboye Ikigo cy’ Urwunge rw’ amashuri rwa Bukomero biba mudasobwa 10 zo mu bwoko bwa positivo. Abazamu bararira iki kigo ntabwo bazi igihe aba bajura batoboreye ikigo.

Aya makuru yamenyekanye mu gitondo saa 6:50 kuri uyu wa Kane tariki 8 Gashyantare 2018 ubwo abazamu bari barimo kuzimya amatara ngo nibwo babonye ko idirishya ry’ icyumba cyikwagamo mudasobwa kirangaye.

Umuyobozi w’ Ikigo Madamu Grace Usabyimana yatangarije UMURYANGO ko kugeza ubu abibye izo mudasobwa bataramenyekana.

Yagize ati “Kwibwa bwo twibwe, ariko ikibazo twagishyikirije polisi ubu niyo irimo kugikurikirana ubu nanjye niho ngiye(kuri polisi)….abazamu baba bahari ariko nabo basa n’ abatari babimenye dusa n’ aho twabimenyeye rimwe. Ibikoresho byibwe ni povitivo na accesoires z’ izindi machine twari dufite.”


Aya mabandi yaciye ibyuma biba biri ku madirishya(grillage) anamena ibirahuri arinjira.

Muri iki kigo hazindukiye inama ubuyobozi bw’ ikigo bumenyesha abanyeshuri, ubuyobozi bw’ inzego z’ ibanze ndetse na polisi ko mudasobwa zibwe.

Ubuyobozi bw’ Ikigo muri iyo nama bwasabye umunyeshuri wataha akamenya amakuru y’ ababa bibye izo mudasobwa kubimenyesha ikigo.

Hari amakuru avuga ko abo bajura bateye n’ Ikigonderabuzima cya Byimana bashaka kwiba televiziyo ya Flat screen na mudasobwa bagateshwa bataragera kuri uwo mugambi, gusa ngo ababatesheje ntabwo babashije kumenya abo aribo.

Mu kigo cya Bukomero ubuzima burakomeje abana barimo kwiga uko bisanzwe.


Ibitekerezo

  • Hhhahahah ubwose baracyarabazamu? Njye ndumva ari bambona bihita. Nako nabyo nti babibona ibyo bihita. Ahubwo ababo ntawabona izina ribakwiye

    Hhhahahah ubwose baracyarabazamu? Njye ndumva ari bambona bihita. Nako nabyo nti babibona ibyo bihita. Ahubwo ababo ntawabona izina ribakwiye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa