skol
fortebet

Hamenyekanye uko RIB yafashe Ntarindwa wihishe mu mwobo imyaka 23 kubera jenoside yakoze

Yanditswe: Friday 17, May 2024

featured-image

Sponsored Ad

Guhera mu mwaka wa 2001 umugabo w’imyaka 51 y’amavuko witwa Emmanuel Ntarindwa yabaga mu mwobo we n’umugore we w’imyaka 53 bacukuye mu nzu yabo. Yihishaga ko bamubona kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Sponsored Ad

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha, Dr. Thiery B. Murangira avuga ko Ntarindwa agifite irangamuntu iriho ubwoko yatangwaga mbere y’uko Inkotanyi zibohora u Rwanda.

Ikindi ngo ni uko usanga nta makuru afite ku bibera mu Rwanda kubera ko kuva icyo gihe kugeza ubwo yafatwaga taliki 16, Gicurasi, 2024 atasohokaga hanze.

Kugira ngo afatwe byagizwemo uruhare n’abagendaga muri urwo rugo baje gukeka ko yaba ari ho yihishe, amakuru aragenda aza kugera ku nzego nibwo afashwe.

Umuvugizi wa RIB avuga ko amakuru y’iperereza avuga ko Emmanuel Ntarindwa yakoze Jenoside aza guhunga u Rwanda nyuma y’uko Inkotanyi zirubohoye, ariko mu mwaka wa 2001 aza kurugarukamo.

Yagiye kwihisha kwa Eugenie Mukamana bahoze baturanye, baza no gukundana barabana nk’umugabo n’umugore baranabyarana.

Igitangaje n’uko kuva yagera muri urwo rugo atigeze asohoka mu nzu ahubwo we na Mukamana bacukuye mu nzu aho yabaye kuva icyo gihe kugeza afashwe.

RIB ivuga ko ubwo Ntarindwa yafatwaga, yabajijwe nawe yiyemerera ko yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ko yishe Abatutsi benshi atibuka umubare mu cyahoze ari Komini Kigoma na Komini Nyabisindu, ubu aha ni mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana.

We na Mukamana bafungiwe kuri Station ya RIB ya Busasamana, bakaba bari gukorerwa amadosiye ngo agezwe mu bushinjacyaha.

IVOMO:TAARIFA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa