Abakinnyi ba Rayon Sports bemerewe akayabo nibatwara igikombe cy’Amahoro
Yanditswe: Friday 10, Aug 2018
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamaze kuzamura agahimbazamusyi k’abakinnyi babo aho bababwiye ko nibabasha gutsinda Mukura VS ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro buri wese azahabwa ibihumbi 700 by’amafaranga y’U Rwanda.
Nyuma yo kwihaniza Sunrise FC muri ½ cy’igikombe cy’Amahoro,ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangarije abakinnyi ko buri wese yemerewe agahimbazamusyi ka 700,000Frw nibaramuka bigaranzuye Mukura VS.
Muri uyu mukino wo ku Cyumweru saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba,nibwo u Rwanda ruzamenya ikipe izaruhagararira mu mikino ya CAF Confederations Cup.
Rayon Sports yitezwe na benshi mu bakunzi bayo cyane ko muri uyu mwaka yabashije kugera mu matsinda ya CAF Confederations Cup irya ku madolari ya CAF.
Ibitekerezo
Nayo guhemba bayabuze,none ngo prime ya 700 000!!!!!sha nikomwabaye kbs ndabemeye,harumukinnyi nziranyenawe urikunguriza none antakira kontagashahara none ngo prime yayo??!!!!hhhhhhh