Amafoto ya Rihanna ari kumwe n’abakinnyi ba Arsenal yaciye ibintu
Yanditswe: Monday 05, Feb 2018
Icyamamare mu muziki muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Rihanna,cyagaragaye kuri stade ya Emirates y’ikipe ya Arsenal ubwo iyi kipe yanyagiraga Everton ibitego 5-1 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Benshi batangiye guhwihwisa ko iki cyamamare gikundana na Ozil mu ibanga
Uyu mukobwa w’imyaka 29 uheruka kugaragara areba umupira w’amaguru ubwo ikipe y’Ubudage yegukana igikombe cy’ Isi cya 2014 ndetse ari mu bafana b’imena b’iki gihugu,yongeye kugaragara I Emirates aho benshi bakomeje kuvuga ko yaba (...)
Icyamamare mu muziki muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Rihanna,cyagaragaye kuri stade ya Emirates y’ikipe ya Arsenal ubwo iyi kipe yanyagiraga Everton ibitego 5-1 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Benshi batangiye guhwihwisa ko iki cyamamare gikundana na Ozil mu ibanga
Uyu mukobwa w’imyaka 29 uheruka kugaragara areba umupira w’amaguru ubwo ikipe y’Ubudage yegukana igikombe cy’ Isi cya 2014 ndetse ari mu bafana b’imena b’iki gihugu,yongeye kugaragara I Emirates aho benshi bakomeje kuvuga ko yaba yari aje guhura na Mesut Ozil.
Rihanna yarebye Arsenal iri kunyagira Everton 5-1
Hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hari gucicikana amafoto y’uyu mukobwa uvuka muri Barbados ari kumwe na bamwe mu bakinnyi ba Arsenal nubwo iyaciye ibintu ariyo ari kumwe na Mesut Ozil basanzwe baziranye cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *