skol
fortebet

Antoine Hey azahindura imikinire ku mukino wa Equatorial Guinea

Yanditswe: Thursday 18, Jan 2018

Sponsored Ad

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza ko azahindura imikinire ku mukino wo ku munsi w’ejo azahura na Equatorial Guinea saa 21h30 kuri stade Ibn Batouta mu mugi wa Tangier.
Ku mukino wa mbere,Amavubi yakinnye asa n’ayugarira kugira ngo yirinde gutsindwa umukino wa mbere,ariko ku munsi w’ejo azaba ashaka amanota 3 kugira ngo yiyongerere amahirwe yo kwerekeza mu mikino ya kimwe cya kane.
Mu kiganiro n’abanyamakuru,Antoine Hey yavuze bifuza gutsinda uyu mukino byanze (...)

Sponsored Ad

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza ko azahindura imikinire ku mukino wo ku munsi w’ejo azahura na Equatorial Guinea saa 21h30 kuri stade Ibn Batouta mu mugi wa Tangier.

Ku mukino wa mbere,Amavubi yakinnye asa n’ayugarira kugira ngo yirinde gutsindwa umukino wa mbere,ariko ku munsi w’ejo azaba ashaka amanota 3 kugira ngo yiyongerere amahirwe yo kwerekeza mu mikino ya kimwe cya kane.

Mu kiganiro n’abanyamakuru,Antoine Hey yavuze bifuza gutsinda uyu mukino byanze bikunze,akaba ariyo mpamvu yifuza guhindura uburyo bw’imikinire.

Yagize ati “Umukino wa Equatorial Guinea uzaba utandukanye n’uwa Nigeria,niyo mpamvu tugomba guhindura uburyo bw’imikinire.Ni umukino twifuza gutsinda kugira ngo tubashe kwiyongerera amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikira.”

Amavubi akomeje imyitozo yo kwitegura iyi kipe ya Equatorial Guinea yatsinzwe na Libya ibitego 3-0 mu mukino wa mbere aho Amavubi yifuza kubona amanota 3.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa