skol
fortebet

APR FC yatangiye gukubura bamwe mu bakinnyi itagikeneye

Yanditswe: Saturday 09, Sep 2017

Sponsored Ad

Ikipe ya APR FC yatangiye gusezerera bamwe mu bakinnyi itagikeneye nyuma y’aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 09 Nzeri hamenyekanye ko iyi kipe yatandukanye n’abasore 3 barimo umunyezamu Mvuyekure Emery yaguze muri Police umwaka ushize,Umusore Benedata Janvier na Twagizimana Onesme wageze muri iyi kipe umwaka ushize avuye muri AS Kigali.
Mvuyekure Emery ntabwo agikenewe na Jimmy Mulisa
Amakuru dukesha ikinyamakuru RuhagoYacu aravuga ko Janvier Benedata na Emery Mvuyekure (...)

Sponsored Ad

Ikipe ya APR FC yatangiye gusezerera bamwe mu bakinnyi itagikeneye nyuma y’aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 09 Nzeri hamenyekanye ko iyi kipe yatandukanye n’abasore 3 barimo umunyezamu Mvuyekure Emery yaguze muri Police umwaka ushize,Umusore Benedata Janvier na Twagizimana Onesme wageze muri iyi kipe umwaka ushize avuye muri AS Kigali.

Mvuyekure Emery ntabwo agikenewe na Jimmy Mulisa
Amakuru dukesha ikinyamakuru RuhagoYacu aravuga ko Janvier Benedata na Emery Mvuyekure bamaze guhabwa impapuro zibakura mu ikipe ya APR FC (Release Letters) mu gihe mu gihe Twagizimana Onesme atararuhabwa gusa we biravugwa ko ashobora kuruhabwa mu cyumweru gitaha.

Benedata Janvier yeretswe umuryango
Impamvu nyamukuru itumye aba basore basezererwa muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu ni uko nta mwanya bari bakibona ndetse kubera ko iyi kie yazamuye abakinnyi benshi mu ishuli ry’umupira w’amaguru wayo byatumye yifuza kurekura bamwe ngo aba bana babone umwanya.

Imvune zitumye Twagizimana Onesme adakomezanya na APR FC

Ibitekerezo

  • Uyu musore Benedata, casa mutereho akajisho, yar’uwacu, urucaca oyeee!!!!!!

    ONEZIMENONEYARASOHOTSE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa