skol
fortebet

Bidasubirwaho Cristiano Ronaldo yegukanye Ballon d’Or ku nshuro ya Gatanu(amafoto)

Yanditswe: Thursday 07, Dec 2017

Sponsored Ad

Umunya Portugal Cristiano Ronaldo ukinira Real Madrid niwe wegukanye igihembo cya Ballon d’Or cy’uyu mwaka nyuma yo kwigaranzura kabuhariwe Lionel Messi na Neymar bari bahatanye cyane.
Uyu munya Portugal ubashije kwegukana iki gihembo gitangwa n’ikinyamakuru France Football ku nshuro ya 5, abigezeho nyuma y’umwaka w’amateka yagize ubwo yafashaga Real Madrid kwegukana UEFA Champions League kabiri yikurikiranya mu mwaka w’imikino washize ndetse akarangiza afite ibitego byinshi muri iri rushanwa (...)

Sponsored Ad

Umunya Portugal Cristiano Ronaldo ukinira Real Madrid niwe wegukanye igihembo cya Ballon d’Or cy’uyu mwaka nyuma yo kwigaranzura kabuhariwe Lionel Messi na Neymar bari bahatanye cyane.


Uyu munya Portugal ubashije kwegukana iki gihembo gitangwa n’ikinyamakuru France Football ku nshuro ya 5, abigezeho nyuma y’umwaka w’amateka yagize ubwo yafashaga Real Madrid kwegukana UEFA Champions League kabiri yikurikiranya mu mwaka w’imikino washize ndetse akarangiza afite ibitego byinshi muri iri rushanwa aho yafashije kandi iyi kipe kwegukana igikombe cya shampiona ya Espagne La liga.

Uyu mugabo w’imyaka 32 abashije gufata Messi nawe wari ugifite inshuro 5,aho aba bombi bamaze imyaka 10 bayoboye isi mu mupira w’amaguru ,cyane ko ibihembo bikomeye byose aribo babyegukanye.

Mu mwaka w’imikino ushize,Ronaldo yageze kuri byinshi kuko yabashije kugeza ku bitego 600 nk’umukinnyi wabigize umwuga .

Akimara guhabwa iki gihembo, yashimiye abakinnyi bakinannye umwaka ushizeaho yavuze ko atari kubigeraho iyo aza kuba adafite ikipe ikomeye.

Yagize ati “Ndishimye cyane kuba mbashije kwegukana iki gihembo mu mugi wa Paris,n’ibyagaciro.Iki gihembo n’icy’ingenzi mu mwuga wanjye kuko mpora nshifuza buri mwaka.Twagize umwaka mwiza,natsinze ibitego byinshi kurusha abandi muri UEFA Champions League,ndashimira bagenzi banjye kuko baba ab’ingenzi kuri njye.Ndashimira buri wese wamfashije kwitwara neza mu mwaka wose.


Iki gihembo gitangwa nyuma y’amatora akorwa n’abanyamakuru bagera ku 173 baturutse hirya no hino ku isi aho gitangwa na France Football.

Abakinnyi 30 ba mbere ku rutonde rwa France Football
1. Cristiano Ronaldo - Real Madrid

2. Lionel Messi - Barcelona

3. Neymar - Paris Saint-Germain

4. Gianluigi Buffon - Juventus

5. Luka Modric - Real Madrid

6. Sergio Ramos - Real Madrid

7. Kylian Mbappe - Paris Saint-Germain

8. N’Golo Kante - Chelsea

9. Robert Lewandowski - Bayern Munich

10. Harry Kane - Tottenham

11. Edinson Cavani - Paris Saint-Germain

12. Isco - Real Madrid

13. Luis Suarez - Barcelona

14. Kevin De Bruyne - Manchester City

15. Paulo Dybala - Juventus

16. Marcelo - Real Madrid

17. Toni Kroos - Real Madrid

18. Antoine Griezmann - Atletico Madrid

19. Eden Hazard - Chelsea

20. David De Gea - Manchester United

21. Leonardo Bonucci - Juventus

21= Pierre-Emerick Aubameyang - Borussia Dortmund

23. Sadio Mane - Liverpool

24. Radamel Falcao - Monaco

25. Karim Benzema - Real Madrid

26. Jan Oblak - Atletico Madrid

27. Mats Hummels - Bayern Munich

28. Edin Dzeko - Roma

29. Dries Mertens - Napolo

29= Philippe Coutinho - Liverpool

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa