FC Barcelona yakoze igikorwa gikomeye kigaragaza ko ishaka Paul Pogba
Yanditswe: Saturday 22, Sep 2018
Ikipe ya FC Barcelona yari imaze iminsi ihisha ko ishaka umukinnyi Paul Pogba ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Manchester United,yafatiwe mu cyuho ubwo bamwe mu bashinzwe kureba imikinire y’abakinnyi bifuza (scouts) bagaragaraga ku kibuga Cya FC Basel ku wa Gatatu,baje kureba uyu musore.
Mu bantu bari bitabiriye umukino wa FC Basel yari yakiriye Manchester United mu mukino wa mbere w’itsinda H rya UEFA Champions League,harimo aba scouts ba FC Barcelona bari baje kureba imyitwarire ya Paul Pogba, wabigaragarije atsinda ibitego 2 muri uyu mukino.
Pogba arifuzwa na FC Barcelona cyane
Biravugwa ko abantu bahagarariye FC Barcelona bagiye kujya bareba imikino myinshi ya Manchester United kugira ngo barebe niba iyi kipe y’igihangange muri Espagne no ku isi yamusinyisha mu kwezi kwa mbere cyangwa mu mpeshyi itaha.
Pogba wafashije Ubufaransa kwegukana igikombe cy’isi,ari ku mwanya wa mbere mu bakinnyi FC Barcelona yifuza gusinyisha ndetse kuri ubu batangiye kumukurikirana kugira ngo azabafashe kuziba icyuho cya Iniesta werekeje mu Buyapani.
Umubano mubi wa Pogba na Mourinho ni imwe mu mpamvu ikomeye ituma amakipe menshi arimo FC Barcelona yifuza uyu musore ufite impano ihebuje.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *