Gareth Bale yavuze amagambo atangaje kuri Real Madrid itarimo Cristiano Ronaldo
Yanditswe: Monday 17, Sep 2018
Rutahizamu Gareth Bale yatangaje ko Real Madrid ifite umwuka mwiza kubera ko nta Cristiano Ronaldo ifite ndetse abakinnyi bose bahuje imbaraga kurusha uko bagenderaga ku mukinnyi umwe.
Gareth Bale yavuze ko Real Madrid yunze ubumwe ndetse yiteguye gukora cyane kubera ko itakigendera ku mukinnyi umwe ahubwo abakinnyi bose basigaye bakorana.
Bale yavuze ko Real Madrid yunze ubumwe kubera ko idafite Ronaldo
Yagize ati “Umwuka dufite utandukanye n’uwo twari dufite tugifite Ronaldo.Buri wese aratuje,dusigaye dukina nk’ikipe aho gukina ducungiye ku mukinnyi umwe gussa.”
Gareth Bale wari warabuze umwanya wo kubanza mu kibuga ku ngoma ya Zinedine Zidane,ubu ahagaze neza nyuma yo kuzana umutoza Julen Lopetegui amaze gutsinda ibitego 3 mu mikino 4 ya La Liga amaze gukina.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *