Ibyo Cristiano Ronaldo yakoreye umwana urwaye indwara ikomeye byakoze benshi ku mutima
Yanditswe: Monday 13, May 2019
Rutahizamu Cristiano Ronaldo ukunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha,yongeye gukora ku mutima abatuye isi ubwo yategeraga indege umwana muto umukunda cyane urwaye ubwonko,amusanga ku kibuga cy’imyitozo cya Juventus barabonana.
Uyu mwana w’imyaka 10 witwa Joseph,ukomoka mu mujyi wa Bristol mu Bwongereza,yavuze ko nubwo arembye yifuza guhura na Cristiano Ronaldo,bikora ku mutima uyu mukinnyi byatumye ahita amutegera indege kugira ngo bahurire mu Butaliyani.
Joseph yasanzwe arwaye ikibyimba mu bwonko mu mwaka wa 2013,bituma abaganga bategeka ko agomba kubagwa kugira ngo abashe gukira.
Ronaldo wumvise ubuhamya bw’uyu mwana bukamukora ku mutima,yahuye nawe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere,barifotozanya hanyuma we n’umuryango we bazenguruka ikibuga cy’imyitozo cya Juventus.
Kelly umubyeyi wa Joseph yarijijwe n’ibyishimo kubera ibyo Cristiano Ronaldo yakoreye umuhungu we ndetse ashimira cyane iki cyamamare.
Yagize ati “Ntitwabona uko tumushimira kubera ibyo yadukoreye byose kugira ngo duhure nawe.Ibyo twabonye byadushimishije cyane ndetse na Joseph aranezerewe cyane.Kugeza n’ubu Joseph ntariyumvisha ko yahuye na Ronaldo.”
Cristiano Ronaldo yakoze benshi ku mutima kubera ibyo yakoreye Joseph urwaye mu bwonko
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *