Imanishimwe Emmanuel myugariro w’ikipe ya APR FC yagiye gukina ku mugabane w’u Burayi asiga umugore we mu marira[AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 04, Feb 2019
Myugariro w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya APR FC, Imanishimwe Emmanuel yaraye yerekeje ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cya Serbia gukinayo aho yasezeranye n’umufasha we Claudio ku kibuga cy’indege ubona batabishaka.
Ku mugoroba w’ejo hashize ku Cyumweru nibwo uyu mugabo ukina ku ruhande rw’ibumoso yafashe rutemikirere yerekeza muri Serbia.
Umwe mu nshuti za hafi n’uyu mukinnyi wanamuherekeje ku kibuga cy’indege yemereye itangazamakuru ko agiye gukina mu Serbia atari muri Bulgaria nk’uko bamwe babivugaga ko asanze Fitina. Bikavugwa ko yerekeje mu ikipe ya Crvena Zvezda.
Mangwende akaba agiye abifashijwemo cyane n’uwahoze ari umutoza w’ikipe ya APR FC ukomoka mu gihugu cya Serbia, Petrovic kuko ari we wamushakiye ikipe akaba yaranafashije mugenzi we bakinanaga muri APR FC kubona ikipe muri Bulgaria.
Yahozaga umugore we waruri kurira kubera umugabo we yaramusize
Ku kibuga cy’Indege akaba yaherekejwe n’umugore we Claudio bamaze iminsi bashakanye, wabonaga atifuza ko uyu mukinnyi agenda ariko birangira agiye.
Imanishimwe Emmanuel yinjiye muri APR FCmuri 2016 avuye muri Rayon Sports, uyu wari umwaka we wa 3 muri APR FC akaba yarafashije iyi kipe kwegukana ibikombe bikomeye bikinirwa mu Rwanda aribyo shampiyona n’igikombe cy’Amahoro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *