Jerome Boateng yavuze ukuntu yandagaje Mourinho wifuzaga kumukura mu ikipe ya Bayern Munichen
Yanditswe: Wednesday 12, Sep 2018
Myugariro w’Umudage Jerome Boateng ukinira ikipe ya Bayern Munich yavuze ko akimara kumva ko umutoza Jose Mourinho ari kumushaka,yahise amuhamagara kuri telefoni amushimira ko yashyizemo imbaraga nyinshi ngo amugure ariko atava mu ikipe ye ya Bayern.
Uyu myugariro washatswe na Mourinho ku munota wa nyuma,ubwo yari amaze kubona ko atabasha kubona ba myugariro 2 yifuzaga, Toby Alderweireld wa Tottenham na Harry Maguire wa Leicester City,yavuze ko yahamagaye Mourinho amusaba gusubiza amerwe mu isaho.
Yagize ati “Nashakishijwe n’amakipe 2 akomeye PSG na Manchester United.Nahamagaye Mourinho kuri telefoni mushimira kuba yarakoze ibishoboka byose ngo angure.Nabwiye Mourinho ko bitoroshye ko nava muri Bayern,kuko ifite byose nifuza ndetse ikipe yankeneye nayaka ibirenze ibyo impa.”
Boateng w’imyaka 30,ni umwe mu bakinnyi bamaze imyaka myinshi muri Bayern Munich gusa yigeze kwerekeza muri Manchester City muri 2011 ayimaramo umwaka,ahava nabi kubera urwego rwe rwari hasi cyane.
Boateng amaze gutwara ibikombe 6 byikurikiranya bya Bundesliga,DFB Cup amaze kuyitwara 3 ndetse yatwaye UEFA Champions League muri 2013 yakurikiwe n’igikombe cy’isi cya 2014.
Boateng yatangaje ko yahamagaye Mourinho akamubwira ko atava muri Bayern
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *