Juventus yifuza cyane Paul Pogba yahaye Manchester United abakinnyi 3 bakomeye kugira ngo imurekure
Yanditswe: Thursday 04, Jul 2019
Ikipe ya Juventus yiyemeje gukora ibishoboka byose kugira ngo yongere yisubize umukinnyi Paul Pogba aho yiyemeje kurekura umwe mu bakinnyi bayo bakomeye ikongeraho n’amafaranga kugira ngo imubone.
Juventus yasabye Manchester United guhitamo umwe mu bakinnyi bayo batatu bakomeye barimo Blaise Matuidi, Paulo Dybala na Alex Sandr o yarangiza ikamugerekaho andi mamiliyoni y’amapawundi kugira ngo ibone Pogba.
Mu minsi ishize nibwo Pogba yatangaje ko yifuza kuva mu ikipe ya Manchester United akerekeza ahandi bituma Juventus na Real Madrid zongera imbaraga mu kumushaka.
Juventus yamaze gusinyisha Aaron Ramsey na Adrien Rabiot,irashaka kubongeraho na Pogba ariyo mpamvu yemeye kurekura Blaise Matuidi ndetse biravugwa ko iramutse ibonye ikipe iyiha amapawundi menshi yarekura Sami Khedira na Pjanic.
Nkuko Gazzetta dello Sport ibitangaza,Manchester United irifuza miliyoni 150 kuri Pogba ariyo mpamvu Juventus iri gushaka uko yayagabanya igatanga miliyoni 70 z’amapawundi, yarangiza ikongeraho umwe mu bakinnyi bayo hagati ya Dybala,Matuidi na Sandro.
Juventus yahaye Manchester United umukinnyi umwe hagati ya Matuidi,Dybala na Sandro yongeraho n’amafaranga kugira ngo ibone Pogba
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *