Klopp yasubije Mourinho uherutse kumwibasira imbere y’abanyamakuru
Yanditswe: Sunday 02, Sep 2018
Umutoza wa Liverpool Jurgen Klopp uherutse kwibasirwa na Jose Mourinho amwita ko ari umutoza uciriritse kubera ko ataratwara igikombe mpuzamahanga,yatangaje ko atajya akurikirana ibiganiro Mourinho agirana n’itangazamakuru ndetse ko ibyo yavuze aribyo.
Nyuma yo gutsinda Leicester City ibitego 2-1,Klopp yabwiye abanyamakuru ko atajya areba ibiganiro Mourinho agirana nabo ariko atababazwa n’uko yavuze ko nta bikombe mpuzamahanga aratwara kuko ibyo yavuze aribyo.
Klopp yavuze ko atajya akurikirana ibyo Mourinho atangaza
Yagize ati “Ntabwo njya nkurikirana ibiganiro Mourinho agirana n’itangazamakuru.Kuba yaravuze ko nta bikombe byo hanze y’Ubudage natwaye ntiyabeshye, kuko buri wese arabizi.
Mu kiganiro Mourinho aherutse kugirana n’abanyamakuru,bamubajije niba acyiyumva nk’umutoza ukomeye kandi yarananiwe kwitwara neza muri Manchester United,abasubiza ko ari umutoza ukomeye kuko yatwaye ibikombe bikomeye ku mugabane w’I Burayi kurusha Klopp watwaye ibyo mu Budage gusa.
Mourinho yatwaye ibikombe bya shampiyona muri Portugal,Espagne,Ubutaliyani n’Ubwongereza ndetse atwara ibikombe bitandukanye ku mugabane w’Iburayi birimo UEFA Champions League 2.
Mourinho yitezwe na benshi ku mukino afitanye na Burnley uyu munsi kuko aramutse awutsinzwe byamushyira mu mazi abira dore ko amaze imikino 2 yikurikiranya atsindwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *