Kwizera Pierrot yavuze ku byerekeye ahazaza he muri Rayon Sports
Yanditswe: Thursday 19, Jul 2018
Kabuhariwe Kwizera Pierrot umaze imyaka 2 yikurikiranya atorwa nk’umukinnyi mwiza mu ri shampiyona y’u Rwanda,yatangaje ko yifuza guhindura ikipe ndetse ukwezi kwa munani kuzarangira yaramaze gusohoka muri Rayon Sports.
Uyu mukinnyi wo hagati wahogoje benshi kubera umupira utari umupapirano atera,yabwiye Ruhagoyacu dukesha iyi nkuru ko ari mu basohoka muri Rayon Sports ndetse yatangiye kuvugana n’amakipe yo hanze y’u Rwanda.
Pierrot wari kapiteni wa Rayon Sports ashobora kuyivamo
Yagize ati “Ntabwo mu kwezi kwa munani navuga ko nzaba nkiri mu ikipe ya Rayon Sports kuko ndashaka guhindura ikipe, kandi icyo gihe nibwo isoko rizaba risa nk’irifunga, birashoboka ko nazaba naramaze guhindura ikipe. Mfite amakipe menshi ni byo yanyeretse ko anyifuza ariko ntabwo ndamenya aho nzerekeza, n’ubwo wenda hari izihabwa amahirwe.
Kwizera yari amaze imyaka 2 yikurikiranya utorwa nk’umukinnyi mwiza mu Rwanda
Kwizera Pierrot yabwiye iki kinyamakuru ko na Rayon Sports imuhaye ibyo yifuza yakomeza kuyikinira,kuko ayikunda n’abafana bayo gusa amakuru agera ku Umuryango nuko uyu musore yifuza akayabo ka miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda.
Pierrot udakunze kuvuga byinshi yakunze kuvugwa mu makipe nka AS Kigali gusa biravugwa ko hari amakipe menshi yo muri aka karere amwifuza cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *