Luis Suarez yatangaje inkuru ibabaje y’ibyamubayeho nyuma yo gusezererwa na Liverpool muri Champions League ishize
Yanditswe: Thursday 05, Sep 2019
Rutahizamu wa FC Barcelona,Luis Suarez yatangaje uburyo ubuzima bwe bwangiritse nyuma y’aho ikipe ya Liverpool yahozemo ibasezereye ibatsinze ibitego 4-0 mu mikino ya UEFA Champions League iheruka.
Luis Suarez watsinze igitego muri 3-0 FC Barcelona yari yatsinze mu mukino ubanza,yaribuze mu mukino wo kwishyura ikipe ye ya FC Barcelona inyagirwa ibitego 4-0 irasezererwa bituma ubuzima bwe bumara igihe butameze neza.
Yagize ati “Sinashakaga gusohoka mu nzu cyangwa kujyana umwana wanjye ku ishuli.Twari tuzi ukuntu stade ya Anfield iba iteye ubwoba ndetse n’urusaku rw’abafana rukabije.Nari nabwiye bagenzi banjye byose. Ubuzima bwari bugoye cyane.Nagize ibihe bibi cyane kimwe na bagenzi bacu.”
Suarez yabwiye Fox Sports Radio yo muri Argentina ko iyo usinziriye amasegonda 30 uhita utakaza igikombe ndetse ugasezererwa mu buryo bubabaje nk’ibyababayeho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *