Maradona yagiriye inama ikomeye Neymar yamugirira akamaro muri iki gikombe cy’isi
Yanditswe: Tuesday 03, Jul 2018
Kabuhariwe Diego Maradona yagiriye inama ikomeye yo kugabanya kwigusha no kubeshya abasifuzi kugira ngo atazasiba imikino ikomeye,cyane ko afite ikarita yahawe ku mukino wa Costa Rica.
Neymar ukunda kwibasirwa na benshi kubera kugwa kwe kwa hato na hato ndetse rimwe na rimwe akagwa nta muntu umukozeho byatumye iki cyamamare cyatwaye igikombe cy’isi cyo muri 1986 kimusaba kugabanya aya mayeri ye.
Maradona yasabye Neymar kureka kwigusha
Yagize ati “Neymar ni umukinnyi mwiza ariko hari ikintu abura.akwiye kumenya ko kwigusha bihanishwa ikarita y’umuhondo ndetse VAR yaraje.Yahawe ikarita yo kwigusha ku mukino wa Costa Rica bishobora kumugiraho ingaruka mu mikino iri imbere.Akwiye kugabanya uburyo yigushamo.”
Maradona ni umwe mu ba ambasaderi ba FIFA muri iki gikombe cy’isi gusa mu minsi ishize byavuzwe ko yagize akabazo k’uburwayi katewe no kwishimira intsinzi ya Argentina imbere ya Nigeria.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *