Martial yakoze igikorwa cyeretse abakunzi ba ruhago ko atacyifuza gukinira Manchester United
Yanditswe: Wednesday 25, Jul 2018
Rutahizamu w’umufaransa Anthony Martial yeretse abantu ko atagishaka kuguma muri Manchester United kuko yasize iyi kipe mu mwiherero ajya kwirebera umukunzi we Melanie Da Cruz utwite.
Biravugwa ko umubano wa Mourinho na Martial umeze nabi aho uyu mutoza ashinja Martial umusaruro mubi ndetse atakunze imyitwarire ye mu mwaka w’imikino ushize, bishobora gutuma amurekura haramutse habonetse ikipe itanga amafaranga menshi.
Martial yatangaje ko yifuza kuva muri Manchester United akerekeza mu ikipe imuha umwanya uhagije wo gukina cyane ko ari umwe mu bakinnyi bazwiho impano itangaje.
Martial na Melanie Da Cruz baritegura umwana w’umuhungu byatumye asiga bagenzi be bari kumwe mu mwiherero muri USA, ajya kwirebera uyu mukunzi we ugiye kumubyarira umwana w’umuhungu.
Uyu ni umwana wa 2 Martial agiye kubyara kuko afite umwana w’umukobwa yabyaranye n’uwahoze ari umukunzi we Samantha Jacquelinet.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *