skol
fortebet

Maurizio Sarri uherutse kuva muri Chelsea yarahiriye kuyisahura abakinnyi babiri bakomeye

Yanditswe: Tuesday 18, Jun 2019

Sponsored Ad

Umutoza mushya wa Juventus, Maurizio Sarri, arifuza gusahura ikipe ya Chelsea FC abakinnyi bayo babiri bakomeye barimo uwo bita umuhungu we Jorginho ndetse na myugariro wari utangiye kuzamura urwego rwe witwa Emerson.

Sponsored Ad

Umutoza Sarri wavuye muri Chelsea FC ayimazemo amezi 11 gusa kandi yari yarayisinyiye imyaka 3,yatangiye kurambagiza abakinnyi bazamufasha kwegukana UEFA Champions League barimo Jorginho na Emerson bakinira Chelsea FC.

Sarri yasinyiye ikipe ya Juventus ku cyumweru nyuma y’aho iki gihangange cyo mu Butaliyani cyari kimaze kwishyura Chelsea miliyoni 7 z’amapawundi.

Akimara kugera muri Juventus,Sarri w’imyaka 60 yavuze ko Jorginho na Emerson bamukoze ku mutima mu mpera z’umwaka w’imikino ushize ariyo mpamvu yifuza ko bamusanga I Turin.

Jorginho yaguzwe mu ntangiriro z’umwaka w’imikino ushize na Sarri akayabo ka miliyoni 57 z’amapawundi bituma Fabregas abura umwanya wo gukina yerekeza muri Monaco.

Sarri arahuze cyane ku isoko ryo kugura abakinnyi ariyo mpamvu yatangiye kurambagiza aba bakinnyi ndetse n’abandi barimo Paul Pogba na Matthijs de Ligt.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa