skol
fortebet

Neymar Jr yahaye ubutumwa bukomeye abafana ba PSG bamuvugirije induru

Yanditswe: Sunday 15, Sep 2019

Sponsored Ad

Rutahizamu Neymar Jr waraye akinnye umukino we wa mbere muri PSG muri uyu mwaka w’imikino nyuma y’intambara ikomeye yarwanye ngo asubire muri FC Barcelona bikarangira ayitsinzwe,yavuze ko amenyereye kuvugirizwa induru ndetse abaraye babikoze baruhiye ubusa.

Sponsored Ad

Uyu rutahizamu w’Umunya Brazil uzwiho kugira imyitwarire idahwitse, yabwiye abanyamakuru nyuma y’umukino utoroshye yaraye afashijemo PSG gutsinda Strasbourg igitego 1-0 ko atatunguwe no kuba abafana bamuvugirije induru kuko ngo arabimenyereye.

Yagize ati “Abafana ndabumva kandi ndabizi byarabagoye.Ubu ndacyari umukinnyi wa PSG.Nta butumwa budasanzwe mfitiye abafana gusa menyerewe kuvugirizwa induru n’abafana.Ubu ngiye kuzajya nkina buri mukino mvugirizwa induru nkaho ndi hanze y’ikibuga cyacu.Biteye isoni,nta kibazo mfitanye n’abafana.

Buri wese arabizi ko nashakaga kugenda.Narabivuze kandi nabisubiramo.Ibintu byarahindutse ubu ndi umukinnyi wa PSG ngiye gutanga byose mfite mu kibuga.”

Abafana ba PSG bari bazanye ibyapa byanditseho amagambo yo gutuka Neymar Jr na se gusa yaje kwitwara neza abatsindira igitego cyiza yikaraze mu kirere ku munota wa nyuma w’umukino




Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa