skol
fortebet

Rayon Sports igiye kubona umutoza mushya

Yanditswe: Monday 10, Jul 2017

Sponsored Ad

Ikipe ya Rayon Sports yatangiye kurambagiza umutoza mushya nyuma yo kugenda kwa Masudi Djuma weguye ku wa gatandatu taliki ya 08 Nyakanga nyuma yo guhabwa igikombe cya shampiyona bari bamaze igihe bategereje. Ku Isonga ry’abashobora kumusimbura haravugwa umunyarwanda Karekezi Olivier utoza mu makipe y’abana muri Suede .
Karekezi Olivier wabaye umukinnyi ukomeye mu ikipe ya APR FC no mu Mavubi aravugwa cyane n’abakurikiranira hafi ibya Rayon Sports aho bavuga ko ashobora gusinyira iyi kipe mu (...)

Sponsored Ad

Ikipe ya Rayon Sports yatangiye kurambagiza umutoza mushya nyuma yo kugenda kwa Masudi Djuma weguye ku wa gatandatu taliki ya 08 Nyakanga nyuma yo guhabwa igikombe cya shampiyona bari bamaze igihe bategereje. Ku Isonga ry’abashobora kumusimbura haravugwa umunyarwanda Karekezi Olivier utoza mu makipe y’abana muri Suede .

Karekezi Olivier wabaye umukinnyi ukomeye mu ikipe ya APR FC no mu Mavubi aravugwa cyane n’abakurikiranira hafi ibya Rayon Sports aho bavuga ko ashobora gusinyira iyi kipe mu minsi iri imbere ndetse ko ibiganiro bigeze kure.

Nubwo ubuyobozi bwa Rayon Sports ntacyo bubitangazaho kugeza kuri ubu amakuru agera ku Umuryango ni uko ngo ku kigero cya 70 ku ijana uyu mutoza yamaze kumvikana n’ubuyobozi bwa Rayon Sports aho muri iki cyumweru bishobora kuba byarangira atangajwe nk’umutoza mushya w’iyi kipe.

Nubwo nta byinshi arageraho mu butoza Karekezi yakoze byinshi byiza mu mupira w’amaguru haba mu Rwanda no muri Suede ku buryo aramutse abikoze no mu gutoza ikipe ya Rayon Sports yaba ibonye umutoza mwiza.

Ibitekerezo

  • Yewe Imana Iyaba Yarifashije Rayon Ikajya Mukiciro Cyakabiri Ikumva Uko Bimeze Amen.

    Jye ndumva baba bihuse, nta gitutu gihari, abatoza barahari kereka niba bashaka uwa macye, nta kuntu umuntu yaba ataragaragaza ubushobozi agahita atoza ikipe ya mbere mu gihugu, byaba ari ukwihemukira, cyakora aje kungiriza akabanza akamenyana n’abakinnyi byaba byo. Ubu se yatubwira ko azi izihe talents muri Rayon Sports cyangwa mu gihugu?

    Jye ndumva baba bihuse, nta gitutu gihari, abatoza barahari kereka niba bashaka uwa macye, nta kuntu umuntu yaba ataragaragaza ubushobozi agahita atoza ikipe ya mbere mu gihugu, byaba ari ukwihemukira, cyakora aje kungiriza akabanza akamenyana n’abakinnyi byaba byo. Ubu se yatubwira ko azi izihe talents muri Rayon Sports cyangwa mu gihugu?

    Byabaribyiza karekezi ajegutoza rayon sport kuko twareb’abatoza bakinanye umuhang’urutundi ndavuga jimy mulisa and karekezi gusa rayon sport yaraducitse uyumwak’izatubona nk’ibikona tuzayicaho tuguruka

    uwamake se ninde wakubwiye ko Olivier yakwemera umushahara uri munsi yuwa mulisa
    kuko na mbere rayon yaramushakaga
    bananiranywa ku mafaranga

    ahhhh Rayon ijyamucyirocya2!nikiyovuse?ntuzikipe ukinisha yitwa mpatsamakipe

    Icecekere , reaka RSports izongere isikoze amakipe !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

    Icecekere , reaka RSports izongere isikoze amakipe !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

    Ariko se wareka Massoud akagenda ngo urashaka K. Olivivier. Iryo ni ibara.

    Karekezi yabikora ariko
    simpamyako abarayon
    bamwishimira yajtabura
    rezarita bakamumerera nabi

    Rayon ikwiye gutozwa na Gilbert Kanyenkore batazira "yaoundé" Ahandi ho irasubira mu ca 2

    Rayon ni ikipe nziza ntizabura umutoza ishaka ! Karekezi jye ndamwemera

    Icyibazo cyawe ntago ijya Ukabya inzozi mbegawowe

    Masudi yarakoze ni uwo gushimirwa,mu gushaka undi mutoza babanze bashishoze.
    Rayon izabikora kabisa umwaka utaha!

    Tuzishimira umutoza uzaza agatsinda agatwara ibikombe naho ibyo amatiku byo tubireke.

    Aliko na jean marie ntagwabira yarayitoje kandi ayigeza kure uwo nawe araje ayigeze kure cyane, twasekaga kiyovu ya kanamugire aliko Rayon ya karekezi olivier irajya ikuzimu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa