skol
fortebet

Usengimana yatangaje byinshi nyuma yo gutsindira Rayon Sports igitego cya mbere

Yanditswe: Monday 16, Oct 2017

Sponsored Ad

Umusore Usengimana Faustin myugariro w’ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutsindira iyi kipe igitego cya 1 muri 2 batsinze Kiyovu kuri iki cyumweru, yatangaje ko yishimiye iki gitego ndetse asaba imbabazi abafana nyuma yo kuva muri iyi kipe akerekeza muri APR FC.
Usengimana Faustin uri hagati yashimishijwe no kongera kugaruka muri Rayon Sports
Uyu musore utarahiriwe muri APR FC, yatangaje ko nawe yicujije impamvu yari yaravuye muri Rayon Sports ndetse avuga ko kuba yafashije ikipe ye gutsinda (...)

Sponsored Ad

Umusore Usengimana Faustin myugariro w’ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutsindira iyi kipe igitego cya 1 muri 2 batsinze Kiyovu kuri iki cyumweru, yatangaje ko yishimiye iki gitego ndetse asaba imbabazi abafana nyuma yo kuva muri iyi kipe akerekeza muri APR FC.

Usengimana Faustin uri hagati yashimishijwe no kongera kugaruka muri Rayon Sports

Uyu musore utarahiriwe muri APR FC, yatangaje ko nawe yicujije impamvu yari yaravuye muri Rayon Sports ndetse avuga ko kuba yafashije ikipe ye gutsinda bimuhaye uburyo bwiza bwo gusaba imbabazi abafana yari yaratereranye.

Yagize ati “Ndishimye cyane kuba nabashije gutsinda igitego ndetse mboneyeho umwanya wo gusaba imbabazi abafana ba Rayon Sports kubera ko nari navuye mu ikipe gusa kuba nishimiye igitego nterefona ni ubutumwa nashakaga gutanga ahantu runakq ntatangaza uyu mwanya.”

Usengimana Faustin ni umwe muri ba myugariro bazi gutsindisha umutwe cyane, gusa nyuma yo kwerekeza muri APR FC yari amazemo imyaka 2 ntiyigeze ahirwa kuko yabuze umwanya ubanzamo byatumye afata umwanzuro wo kugaruka muri Rayon Sports yagiriyemo ibihe byiza.

Ibitekerezo

  • APR iraje yongere ikugure. None se ko ifite cash?

    ishongore wiyibagije ko bakuvuje imvune yaba rayon twarikureba uko warikuzakira ! Wabonye ko RWATUBYAYE agiye kuzamara unmwaka adakina kubera 2 M. Vuga ariko uziga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa