Ykee Benda yahawe urw’amenyo nyuma yo kujya mu Burusiya ntaririmbe
Yanditswe: Tuesday 17, Jul 2018
Abafana ba Ykee Benda bamuhaye urwamenyo nyuma yo kujya mu mukino usoza igikombe cy’isi ntaririmbe kandi byari byitezwe neza ko azaririmba.
Kuri iki cyumweru nibwo byari biteganyijwe ko haba umukino usoza umupira w’ igikombe cy’isi aho byari bizwi ko umuhanzi Jason Derulo ndetse n’abandi bahanzi barimo Ykee Benda wo muri Uganda bazasusurutsa abantu nyuma yo gutanga igikombe ku ikipe yatwaye irushanwa gusa siko byagenze.
Nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Uganda aho byavuze ko Ykee Benda yahagurutse I Kampala yerekeza mu Burusiya ahaberaga umukino w’igikombe cy’isi ku wa Kane w’icyumweru gishize nyuma yuko umukino uhumuje yashyize hanze ifoto yambaye umupira w’ikipe y’ubufaransa ndetse afite n’ibendera ry’igihugu cya Uganda aho bamwe batangiye kumuseka bamwita umufana. Abandi nabo bakamubaza impamvu ataririmbye kandi biri mu byamutwaye.
Abandi bunzemo bavuga ko nubwo ataririmbye gusa yabashije guha guhesha igihugu cye ishema nyuma ubwo yagaragazaga idarapo ry’igihugu rye mu gihe abandi bamusekaga ndetse bamubwira ko yari yaragiye gafana nk’abandi bose.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *