Umuhanzi Ali Kiba wo muri Tanzanie wari uteganijwe kuzaba ari bitaramo bya Wasafi Festival 2019 i Dar es Salaam yavuze ko yinjiriwe kuri Instagram atigeze amenya iby’ubutumire bwa Diamond .
Uyu muhanzi yabwiye umunyamakuru witwa Soudy Brown wo muri Tanzanie ati “Narinjiriwe” yavuze ko nta gitekerezo na kimwe azi ku by’ubutumire bwari bwemerejwe ku rukuta rwe rwa Instagram ndetse yanababajwe cyane n’ibyo Wasafi irimo ivuga ko azitabira ibi bitaramo mu ntangiriro zabyo.
“Oya urukuta rwanjye rwarashimuswe, nabonye ubutumwa kandi arinjye wabwanditse, nkeka ko ari ba rushimusi babikoze” Ali Kiba abwira umunyamkuru Brown, Biravugwa ko Ali Kiba atazagaragara mu bitaramo bya Wasafi Festival 2019 n’ubwo we yitegura kuzajya akorera indirimbo ze muri Konde boy ya Harmonize.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *