Amafoto ya filimi ya mbere y’urukozasoni muri Kenya yashyizwe ahagaragara[AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 24, Aug 2018
Mu gihe benshi muri Kenya bari bategerezanyije amashyushyu menshi filimi ya mbere y’urukozasoni muri icyo gihugu yakinwe n’Abanyakenya,ubu hakomeje gukwirakwizwa amafoto agaragaraza aho imitegurirwe y’iyi filimi yiswe “House of Lungula” yari imeze.
Ian Mbugua, umwe mu bakunze kuba mu bagize akanama nkemurampaka mu irushanwa Tusker Project Fame, n’umukinnyi wa filimi w’umunyakenya Lizz Njagah, ni bo bakinnyi b’ibanze muri iyo filimi igaragaza imico y’Abanyakenya mu birebana n’imibonano mpuzabitsina, aho byari biteganyijwe ko aba bombi hamwe n’abandi bayigaragaramo bagaragaza ubwambure bwabo bwose uko bwakabaye.
Bikomeje kuvugwa ko ari ubwa mbere filimi nk’iyi y’urukozasoni yari ishyizwe ahagaragara muri aka karere k’Afurika y’uburasirazuba, benshi kuri ubu bakaba bemeza ko ishobora kuba yarafunguriye inzira benshi, kuburyo habayeho gutinyuka kwa bamwe bagakora filimi nk’izi ku bwinshi.
Amwe mu mafoto agaragaza aho imikinirwe y’iyi filimi:
Abo bikohoye ni bamwe mu bakinnyi bo muri iyi filimi
Abakobwa bari babukereye bambaye utwenda duto mbere y’uko rwambikana bakina iyi filimi
Ian Mbugua kizigenza muri "House of Mbugua", hano afashe ikinyamakuru kivuga kuri iyi filimi y’urukozasoni
Lizz Njagah na Ian Mbugua
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *