Amafoto yaciye ibintu:Amafoto y’Intore z’u Rwanda zibyinira ikipe ya Arsenal mu myitozo yavugishije isi yose
Yanditswe: Thursday 09, Aug 2018
Ni nyuma y’amasaha asaga 3 gusa Ikipe ya Arsenal iri mu zikomeye ku Isi ishyize hanze amafoto y’abanyarwanda b’Intore bavuna umugara imbere y’abakinnyi b’iyi kipe ,maze amahanga yose akihera ijisho doreko bamwe bananiwe kwihangana bagashima u Rwanda yewe na bamwe bagize amatsiko yo gusura u Rwanda ngo bihere ijisho iyi mico karande y’igihugu cy’U Rwanda.
Izi Ntore zaturutse mu Rwanda zavunaga umugara maze abakinnyi ba Arsenal nabo bagasubiramo bashaka kwigana iyi mibyinire y’izi ntore ,akanyamuneza kari kose kuri aba bakinnyi bari shimimye cyane,Twavugako Iyi Kipe ya Arsenal ifitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bushingiye ku muco w’Igihugu.
Ku rubuga rwa Twitter rwa Arsenal bavuze ko bishimiye cyane izi Ntore zivuna umugara, ndetse banashyiraho amashusho agaragaza abakinnyi ba Arsenal bitegura gutangira shampiyona bishimye bikomeye bari no kugerageza kwigana uko intore ziri kubyina aho bari ku kibuga cy’Imyitozo.
REBA AMASHUSHO:
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *