skol
fortebet

Amafoto yaciye ibintu : Pasiteri yatatswe n’abayoboke be bamutera amabuye bamuziza kurya imitsi yabo

Yanditswe: Friday 25, May 2018

Sponsored Ad

skol

Mu mafoto yaciye ibintu turasangamo Umupasiteri witwa Dan Mabiru watewe amabuye n’abaturage,umugabo mu bushinwa afite agashya ko gukurura indege akoresheje igitsina cye ,amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga, Afurika y’Epfo umukobwa yafungiwe Twitter ye kubera amafoto agaragaza amabere n’ayandi mafoto.

Sponsored Ad

Umuvugabutumwa muri Uganda witwa Dan Mubiru ari mu bwihisho nyuma y’uko abayoboke b’itorero rye, Jerusalem Miracle Centre bamugabyeho igitero n’uburakari bwinshi bakamutera amabuye kubw’amahirwe polisi ikahagoboka bataragira icyo bamutwara ariko bakangiza byinshi.

Aba baturage batewe uburakari n’uko uyu wari umuyobozi wabo yashize irindi torero ryitwa Bethsaida Miracle Centre aho bamwe mu bo bakorana mu buyobozi bari banatangiye kugenda bimuriramo ibikoresho byo mu rusengero rwa mbere rwihishwa abayoboke batabimenyeshejwe.

Umuririmbyi Suzan Michael[Pretty Kind ] ubifatanya no gukina filime yihaye umuhigo wo kurwana inkundura kugeza igihe azegukana umutima wa Diamond Platnumz wari umugabo wa Zari.



Urubuga rwa Twitter rwafunze Konte ya Audrey Skhosana nyuma yo gushyiraho amafoto agaragaza amabere ye umuco uhabanye n’amategeko ubusanzwe uru rubuga nkoranyambaga rugenderaho.



Uruganda rwitwa Shenzhen Atall Intelligent Robot Technology, rwashyize hanze Robot zizajya zifashishwa n’abantu mu gihe cyo gutera akabariro.


Reba amafoto atandukanye yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo Facebook ndetse na Instagram











Umugabo wo mu gihugu cy’u Bushinwa witwa Ye Hongwei ufite imyaka 39 y’amavuko yaciye agahigo ko gukurura kajugujugu ayikururishije umugozi uziritse ku bugabo bwe nk’uko amashusho yanyujijwe kuri internet ibigaragaza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa