skol
fortebet

Bebe Cool yatanze miliyoni 60 z’amashiringi yo kuvuza abana 5 barwaye indwara y’umutima

Yanditswe: Monday 27, Aug 2018

Sponsored Ad

skol

Umuhanzi Bebe Cool yatanze Miliyoni 60 z’amashiringi ya Uganda zo kuvuza abana barwaye indwara y’umutima mu gihugu cy’Ubuhinde.

Sponsored Ad

Umuhanzi Moses Ssali uzwi nka Bebe Cool mu gihugu cya Uganda nyuma yo gukora igitaramo kiswe “Golden Heart Concert “ kikitabirwa na Peresida Museveni kuri ubu yatanze miliyoni 60 z’amashiringi ya Uganda yo gufasha abana 5 barwaye indwara y’umutima babuze amafaranga yo kujya kuvuzwa ngo bakire .

Bebe Cool wamaze gufungura kampanyi yitwa ‘Amber Heart Foundation’ izajya ikora ibikorwa bitandukanye kuri ubu yatanze ubufasha bwa Miliyoni 60 z’amashiringi zizafasha abana 5 barwaye indwara y’umutima aho kuri iki cymweru taliki ya 2 Nzeri 2018 .bazafata rutema ikirere bajyanwe mu gihugu cy’Ubuhinde kuvuzwa baherekejwe n’ababyeyi babo nkuko yabitangaje.

Iki gikorwa cy’ubugiraneza kije nyuma yicyo amaze iminsi akoze mu Rwanda aho yatanze asaga miliyoni 3 z’amafaranga y’ u Rwanda zo kuvuza Gahima Ella wavukanye uburwayi budasanzwe.

Bebe Cool yaboneyeho no kuvuga ko Taliki ya 26 Ukuboza 2018 . azakora ikindi gitaramo kiswe “Tondeka Ekiwatule Omutima Gwa’Zaabu” kigamije gukusanya inkunga yo gufasha abandi bana 5 barwaye indwara y’umutima nabo bazajyanwa mu gihugu cy’ubuhinde kuvuzwa.

REBA AMAFOTO YARANZE UYU MUHANGO WO GUTANGA UBUFASHA:





Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa