skol
fortebet

Charly yizihije isabukuru ye arikumwe n’impanga ye abantu benshi batari bazi [AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 29, Nov 2018

Sponsored Ad

skol

Charly yizihije isabukuru ye ari kumwe n’impanga ye Joyce mu birori byari byatumiwemo umuryango we n’inshuti zabo za hafi.

Sponsored Ad

Charlotte Rulinda uzwi nka Charly umwe mu bagize Charly na Nina yakoze ibirori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko ari kumwe n’impanga ye Joyce abantu benshi batari bazi ko ayifite.

Ibirori byaranzwe n’abantu acye biganjemo abo mu muryango we ,inshuti ze za hafi ndetse n’abandi bakorana mu bikorwa by’umuziki byaranzwe no kwishimana hagati yabo ndetse no gukata umugati hagati yabo ndetse n’umubyeyi wabo.

Mu ijambo Charly yagejeje mubari aho yashimiye bikomeye abantu bose bitabiriye ibi birori anashimira by’umwihariko umuryangowe, inshuti ze yewe n’abavandimwe yungukiye mu muziki. Aho yaboneyeho kuvuga ko ibi birori byari bigamije guhuriza hamwe inshuti zabo mu buryo bwo kwagura umuryango.

Baboneraho no gukata umugati ari nako bafataga amafoto y’urwibutso. Charlotte Rulinda yavutse kuwa 28 Nzeri 1989 bivuga ko kuri ubu afite imyaka 29 y’amavuko.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa