skol
fortebet

Davido yoherereje Wizkid ubutumwa budasanzwe ku isabukuru ye y’amavuko

Yanditswe: Saturday 18, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeriya, David Adeleke uzwi nka Davido, watsindiye ibihembo byinshi mu ruhando rwa uzika, yaagaragaye ashimagiza umuririmbyi mugenzi we Wizkid kumunsi w’isabukuru ye y’imyaka 30 amaze avutse.

Sponsored Ad

Wizkid wujuje imyaka 30 y’amavuko ejo hashize ku ya 16 Nyakanga, yabonye ubutumwa n’ibyifuzo bitabarika by’inshuti, abakunzi, n’abafana be. Bamwe mu byamamare kandi bagiye ku mbuga nkoranyambaga bifuriza umuhanzi uyu muhanzi ibyiza ubwo yizihiza isabukuru yimyaka 30.

Icyakora, abafana benshi n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bibajije impamvu Davido atifatanyije na Wizkid ubwo yizihizaga umunsi we w’amavuko, ariko uyu muhanzi yaje kohereza ubutumwa bwe bw’amavuko ku muhanzi Wizkid,

Mu mashusho yagaragaye kuri interineti, yerekanaga Davido yishimye ashimagiza cyane Wizkid kandi agaragaza ko amukunda cyane mu gihe uyu muhanzikazi yinjiye mu yindi ntera y’ubuzima bwe.

Ashimagiza kandi yerekana urukundo rwe kuri Wizkid, Davido yagaragaye mu ndege ye bwite amwita umunyabigwi kandi ukomeye mu bihe byose. Davido yagiye kure kugeza aho anamuririmbira indirimbo y’amavuko, Davido ati:

Yemwe bagabo! Rangurura ijwi ku muvandimwe wanjye Wiz. Ndagukunda muvandimwe. Uri indashyikirwa.. Nta wakwigerezaho! Uri ikirenga muri bose

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa