skol
fortebet

Diamond Platnumz yaburiye abagore bavuga ko baryamanye nawe rwihishwa

Yanditswe: Tuesday 30, Jun 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Umuyobozi wa WCB akaba n’umuririmbyi Diamond Platnumz yaburiye uruhererekane rw’abagore bavuga ko baryamanye nawe rwihishwa.

Sponsored Ad

Umuhanzi Diamond yavuze ko akunda abagore ku nkunga nini bamuhaye kandi bagikomeza kumuha nk’umuririmbyi, ariko bikamusharirira iyo bamwe bavuga ko bafitanye umubano wihariye na we.

Chibu yaburiye abo bagore kureka kuvuga ibintu nk’ibyo, yongeraho ko byangiza gusa izina rye ryiza.

Diamond Platnumz yakomeje avuga ko atari ikintu cyiza kuri we gutangira gutesha agaciro abantu abashyira ku ku karubanda, ku bintu bashobora kwirinda. Yanditse agira ati:

Nishimiye urukundo rukomeye rwa bashiki bacu batandukanye bagenda biyongera umunsi ku munsi… Ndabakunda kandi ndabakunda cyane… ariko ndabasabye, niba muzi ko tutigeze tubonana kandi ko nta mubano dufitanye, ntimukavuge ko dukundana kuko atari byiza cyane… kandi kamere muntu ntabwo ibereye njyewe. ubungubu ndashobora gutangira guhamagara ku murongo buri muntu muburira … Ndabakunda cyane kandi ndabashimira ku nkunga nini mumpa # WCB4LIFE.

Amagambo ya Chibu Dangote aje nyuma y’uko umunyatanzaniyakazi witwa Husna Maulid asangije amafoto ye aherekejwe n’ubutumwa butandukanye bujyanye n’ibyo abihanangiriza, bishobora kwerekana isura itari yo, ko bari bafitanye umubano.

Ikinyamakuru gikunze kwandika amakuru atari yo no gusebanya cyo muri Tanzaniya cyavuze ko Diamond yakodeshereje inzu uwo mukobwa, aribyo byatumye uyu se w’abana 4 agira icyo abikoraho, yohereza inyandiko yo kubaburira.

Ntabwo aribwo bwa mbere umugore avuga ko afitanye umubano n’uyu muhanzi kandi ntibizaba ibya nyuma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa