skol
fortebet

Dore impamvu Ne-Yo atunze ingofero zingana n’ibihumbi 12[AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 29, Aug 2019

Sponsored Ad

skol

Ne-Yo azwiho ko ari umuntu urangwa no kwambara ingofero hafi ya buri gihe ku buryo iyo ujagajaze internet ushaka amafoto, ayo ubona agaragaza umutwe we aba ari mbarwa.

Sponsored Ad

Ushobora kuba ukeka ko ari umuderi yikundira cyangwa se hari indi mpamvu ibyihishe inyuma ariko udasobanukiwe, nyamara ufite amatsiko yo kubimenya.

Mu biganiro bitandukanye uyu mugabo yagiye agirana n’ibitangazamakuru bitandukanye yakunze kubazwa impamvu ahozamo ingofero aho ari hose.

Nko mu kiganiro yagiranye na Citizen TV mu 2015 ubwo yari muri Kenya yitabiriye Coke Studio Africa, yavuze ko ‘iyo ngiye koga n’iyo ndyamye nibwo ntambara ingofero’.

Yavuze ko impamvu yatumye ahozamo ingofero ari uko yatangiye kumera uruhare akiri umwana afite imyaka 13 bituma atangira kwambara ingofero kugeza n’ubu.

Ati “Umusatsi wanjye watangiye gupfuka nkiri umwana ntarajya mu mashuri yisumbuye. Ni njye munyeshuri wenyine wari wemerewe kwigana ingofero aho twigaga, byatangiye ari nko guhisha ubusembwa.”

Ne-Yo yavuze ko nyuma yaje kwiyakira yemera kubana n’uruhara nta pfunwe rumuteye ariko bitewe n’uko yari amaze kumenyera ingofero yakomeje kuyambara.

Ati “Naje gusanga ko ntabereyeho gushimisha abandi bantu sinakomeza kubyitaho. Nambaye ingifero igihe kinini ku buryo mba numva nambaye ubusa iyo ntayifite.”

Mu 2018 yatangaje ko yari afite ingofero zibarirwa mu bihumbi 12 ku buryo azihinduranye uko abishaka kandi ntasubizemo iyo yari yambaye ku munsi wari wabanje.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa