Dore umukobwa wemeza ko ari mwiza nubwo afite ibice bimwe ahuriyeho n’abagabo [AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 20, Jul 2018
Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cyandikirwa mugihugu cya Nigeria, uyumukobwa uzwi kumazinaya Queen Nonyerem Okafor yemeza ko ari mwiza nubwo hari abatabibona nkuko we abyibonera.
Ibi akaba yarabitewe no kubona uko iminsi igenda yicuma ntamusore utinyuka kumwikoza bitewe n’imiterere yumubiri we aho afite ubwanwa hamwe n’impwempwe kandi bikaba bidasanzwe kugitsinagore dore ko zakagombye kugirwa n’abagabo gusa.
Uyu mukobwa Queen Nonyerem Okafor akaba yarahisemo kubinyuza kurubuga rwe nkoranya mbaga kugirango arebe byibuza ko hari umusore wagira icyo yibwira aho agerageza gushyiraho amafoto yerekana ubwiza n’imiterere bigize umubiri we.
Aha, uyu mukobwa yashizeho iyi foto agira ngo yereke abasore ko nubwo afite ubwanwa butuma bamutinya, nyamara ko hari ibindi bice afite biteye neza byabakurura kuriwe kandi akizeza umusore waramuka umuhaye urukundo nkuko abyifuza, nawe ntakabuza yamunezeza ko bikwiye ndetse akamutetesha bidasanzwe.
Aha yashakaga kwerekana ko nubwo ashobora kuba afite imiterere nkiy’abagabo, nyamara afite inseko nziza cyane kandi yashimisha buri musore wese waramuka umubereye umukunzi.
Aha uyu mwana w’umukobwa yashakaga kwerekana ko nubwo yaba hari abamutinyira kumubona afite imwemwe nu bwanwa, nyamara agera geza kubereka ko afite ikibuno na matako byiza bijyanye nibyo abasore bikigihe bashaka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *