Enrique Iglesias yavugiye kuri TV ukuntu atera akabariro n’umugore we benshi barumirwa
Yanditswe: Monday 22, Oct 2018
Umuhanzi Enrique Iglesias yavuze ko we n’umugore we bakora imibonano mpuzabitsina buri gihe nk’ibyo kurya bya mu gitondo mu kiganiro cyitwa Lorraine gica kuri televiziyo ikomeye yitwa ITV yo mu Bwongereza.
Enrique Iglesias wamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka Hero,Escape,Bailamos,Bailando n’izindi,yatangaje ko nyuma yo kwibaruka impanga we n’umugore we Anna Kournikova,bakora imibonano mpuzabitsina nk’igihano ndetse ibaryohera buri munsi.
Yagize ati “Imibonano mpuzabitsina yanjye n’umugore wanjye imeze neza kurusha mbere hose.Ni cyo kintu mfata nk’ibyo kurya bya mu gitondo.”
Enrique Iglesias wamenyanye n’umugore we Anna ubwo bafataga amashusho y’indirimbo ye Escape yasohotse muri 2001,bombi bagaragayemo,yavuze ko yishimira kuba umubyeyi nyuma yo kwibaruka impanga ze Nicholas na Lucy mu Ukuboza 2017.
Umunya Espagne Enrique Iglesias w’imyaka 43 n’umwana wa Julio Iglesias wamamaye mu ndirimbo zo muri Amerika y’Amajyepfo ndetse uyu muhungu we yaramukurikije.
Enrique yavuze ko gusomana n’abafana bitamuteranya n’umugore we kuko nawe abifata nk’akazi ndetse yavuze ko nubwo yabyaranye n’umugore we Anna wahoze akina Tennis batarashyingiranwa imbere y’amategeko abiteganya mu myaka iri imbere.
Enrique yavuze ko we n’umugore we bakora imibonano mpuzabitsina buri munsi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *