skol
fortebet

Igisupusupu yahishuye byinshi ku buzima bukakaye yari abayemo n’umuryango we mbere y’uko yinjira mu muziki

Yanditswe: Thursday 25, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Nsengiyumva Francois benshi bakunda kwita Igisupusupu yatangaje inkuru y’uburyo yigeze kujya guca inshuro ariko uwo yakoreraga akanga kumwishyura, bikamutera gufata umwanzuro wo kujya gucuranga umuduri mu isoko kugira ngo ashakishe ubuzima.

Sponsored Ad

Uyu mugabo w’imyaka 41 kugeza magingo aya amaze gukora indirimbo ebyiri arizo ‘Marie Jeanne’ na ‘Icange’ zimaze kwamamara cyane mu Rwanda, ndetse zikaba zaranamuhesheje kugira igikundiro kidasanzwe.

Nsengiyumva avuga ko iyo arebye aho yavuye akahagereranya naho ageze ubu, ntakindi akora uretse gushimira Imana yagiye imufasha mu rugendo rwe rwa muzika ye. Mbere yuko yinjira muri muzika, Nsengiyumva ahamya ko yari umuhinzi ariko rimwe yigeze guhingira umuntu yanga kumwishyura, bituma afata umwanzuro wo kutazongera kujya guca inshuro, niko kugura ibikoresho akora umuduri atangira gucuranga mu masoko.

Ubwo yagiranaga ikiganiro na RBA muri ZoomIn, Nsengiyumva yavuze amateka y’ibyamubayeho, bikamutera gufata umwanzuro wo kwinjira muri muzika.

Yagize ati “Njye n’umugore twabonye ikiraka cyo guhingira umuntu guhera mu gitondo tugasoza saa tanu n’igice akaduhemba 700 buri umwe kuko nicyo cyari igiciro mu bahinzi bose. Nubwo twari twaburaye, mu gitondo twaragiye turamuhingira duhingura muma saa tanu maze tugiye kumureba ati ‘Muze kugaruka.’ Nahise mubwira nti ‘Wa mugabo we byibuze wampaye akagemeri ku dushyimbo nkabiha umugore byibuze akaba abishyize ku iziko mu gihe dutegereje.’ Yahise ambwira ati hari umuntu uherutse kumpa ibishyimbo reka mbe nguhayeho. Nasubiye kumureba nka saa munani arambwira ati ‘Yewe ntago umuntu wari kuyampa yari yayampa.’ Nanjye nahise mubwira nti ‘Umva ntago uzi ikiremwa muntu.’

Yakomeje agira ati “Kuva icyo gihe nahise ndahiririra kutazongera kujya guca inshuro, niko gufata umwanzuro wo kujya gucuranga mu isoko. Umugore wanjye nahise mubwira nti ntimugire ngo mbiyemeyeho ariko ibintu byo guca inshuro sinzongera kubikora gusa mubwira ko we niba akibishaka yajya abikora. Hari ahantu nahise nkorera make, nyaguramo agacuma ka 300 ndetse n’urutsinga, mbwira n’abana nti mujye munshakira udufunguzo tutagikoreshwa mutunzanire nzajya mbaha igiceri cya 50 kuri buri rumwe. Kuva ubwo nkora umuduri wanjye, ntangira kujya kuririmba mu isoko. Ahitwa ‘Rwagitima’ niho hantu hambere nabanje kujya gucurangira.”

Kugeza magingo aya, Nsengiyumva ngo iyo abonye iby’urugendo rwe, nta kindi akora uretse gushima Imana kubwibyo yamukoreye. Mu minsi iri imbere, uyu mugabo ategerejwe no mu gitaramo cyo gusoza Iwacu Muzika Festival azahuriramo n’icyamamare Diamond Platnumz. Si ibyo gusa kandi kuko ashobora no kujya gutaramira iburayi biramutse bigenze neza.

Ibitekerezo

  • Nta kure habaho Imana itakura umuntu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa