skol
fortebet

Ishimwe Dieudonne utegura Miss Rwanda yahaye ubutumwa bukomeye abafana ba Mwiseneza Josiane

Yanditswe: Thursday 24, Jan 2019

Sponsored Ad

Ishimwe Dieudonne ukuriye Rwanda Inspiration Back up yavuze ko Mwiseneza Josiane akunzwe nkuko n’abandi bakobwa bamwe na bamwe bitabiriye mu myaka ishize ndetse yemeza ko nta gitutu batewe n’abafana be.

Sponsored Ad

Ishimwe yabwiye abanyamakuru ko Mwiseneza bamufata nk’undi mukobwa wese witabiriye irushanwa ry’uyu mwaka ndetse nta gitutu na kimwe baterwa n’uruvunganzoka rw’abafana be bakomeje kugaragaza ko bifuza ko yakwambikwa ikamba.

Yagize ati “Kuba akunzwe ni byiza ariko nta gitutu bidushyiraho.Umuntu wese aba abona ikipe ye igomba gutwara shampiyona, ati ‘umusifuzi yatwibye penaliti (n’igihe atayibye), mu irushanwa ni ko bigenda.

Kuba yakundwa ni ko Anastasie yakunzwe, ni ko Honorine yakunzwe, ba Kalimpinya, urumva ikijyanye n’amarangamutima y’abantu ntabwo dushobora kukigenderaho.Miss Rwanda ni irushanwa rifite amabwiriza n’amategeko rigenderaho, ntabwo harimo kuba Miss ari we urimo kuvugwa n’abantu benshi, ahubwo Miss ni ufite ubwiza, ubwenge n’umuco.”

Mwiseneza Josiane waturutse I Karongi akaza guhatana n’abakobwa biganjemo abo mu mujyi wa Kigali,yakoze benshi mu banyarwanda ku mutima kubera icyo cyizere yigiriye ndetse benshi bakomeza kugaragaza ko ariwe bifuza ko yahabwa iri Kamba.

Abafana ba Mwiseneza Josiane ntibaheze mu magambo gusa ndetse bakoze ibikorwa byinshi bigaragaza ko bamushyigikiye birimo no kumuhundagazaho amajwi kuri SMS ngo akomeze muri aya marushanwa.

Uku gutora kuri SMS kwatangiye kuwa 19 Mutarama 2019 ariko kugeza magingo aya niwe uhorana amajwi aruta cyane ay’abamukurikiye.

Ku munsi wa mbere yagize SMS 35.114 zikubye inshuro zisage ebyiri uwamugwaga mu ntege Bayera Nisha Keza wari ufite 14.527; umunsi wa kabiri Josiane atorwa kuri SMS 18.394 akurikiwe nanone na Bayera Nisha Keza (10.471), ku munsi wa gatatu Josiane aza ku isonga na SMS 21.937 akurikiwe na Uwicyeza Pamela (18.930) mu gihe ku munsi wa kane yongeye kuza na SMS nyinshi (21.937) akurikiwe nanone na Uwicyeza Pamela (18.930).


Ishimwe Dieudonne yavuze ko abafana ba Mwiseneza batabateye igitutu

Ibitekerezo

  • Uyu Dieudonne mumucungire hafi n’ibi bigambo bye, hanyuma se Miss utorwa ni uwanyu mwebwe mushinzwe iryo rushanwa cyangwa Miss ni uw’igihugu ? ubwo muraje mutangire kibitobatoba, ese ubundi ubwiza bw’umuntu ubupimisha iki ? njye ntekereza ko ubwiza bw’umuntu buba mu mutima kandi Josiane arabyujuje Josiane ni mwiza pe! ureke bariya bisize ibirungo bitampaye agaciro; ahubwo ikamba murimuhe vuba amayira akigendwa.

    Mwiseneza josiane akwiye ikamba ,ntihakajye haba competition noneho ndumva Dieudonne afite uwo yarigeneye hamwe nabambari be,muzakora amanyanga kujyeza ryari? cg wamugani ibyaba miss biveho ntanicyo bimaze ,igisekeje uzatwara ikamba arazwi, nimunarimuha niyamanyanga yanyu ngontimutewe ubwoba nawe?ndumiwe noneho,JOsiane akunzwe kukurusha .

    Sibyo byose ubwo Baratangiye!!!! Nanjye reka mbigusubiriremo Josiane ni miss wabanyarwanda undi muzaryambika azabe miss wanyu

    Mwiseneza josiane akwiye ikamba ,ntihakajye haba competition noneho ndumva Dieudonne afite uwo yarigeneye hamwe nabambari be,muzakora amanyanga kujyeza ryari? cg wamugani ibyaba miss biveho ntanicyo bimaze ,igisekeje uzatwara ikamba arazwi, nimunarimuha niyamanyanga yanyu ngontimutewe ubwoba nawe?ndumiwe noneho,JOsiane akunzwe kukurusha .

    Babwire kabisa , bavaneho amagambo menshi kuko nta gitangaza nuburyo arimo gutorwa byaramenyekanye ndetse nababiri inyuma baramenyekanye .

    hhhh @bigabo: none se igihugu ni wowe ko mbona uzanye iterabwoba no gutukana? Urinde, urakanga nde? Sinibaza ko urusaku n’induru nyinshi aribyo byasimbura amabwiriza agenga ibikorwa mu gihugu. Burya gufana ni byiza ariko mujye mushyiramo akenge n’ikinyabupfura.

    yee ubwo muraje mubirimanganye mutangaze uwo mwe mushaka!!!nonese testeur mupimisha ubwiza niyihe?urugero rwa penaltie utanze twarwumvise ubwo nyine abasifuzi mwabarangije ntakundi!!!

    Mwiseneza sms zose Ni 97,382=2,921,460frw

    mwiseneza ndumufana we ariko ibyo ishimwe avuze ,bifit’ishingiro nimba bafite amabwiriza bagenderaho nta mpamvu ,nimba aribyo shariffa na bandi bagakwiye kuba baratwaye ikamba rya miss rwanda ,so mureke tubigendemo buhoro

    ariko ibyiri rushanwa birikuncanga mwatangiye mwiba rigatwarwa nuwifite ariko reka tubarebe uyumwaka ibyo muzitwaza nonese niba mutagendera kubafana mugendera kuki? ubwiza mwitwaza umubi asate? indeshyo mugenderaho abagufi mubahora iki?? bo ntaburanga cg ntabwenge cg umuco bagira?? cg mwategura muri rusange uwo uritsinze akitambukira umuco muvuga simbona bagera hanze bakambikwa amakariso gusa biri mumuco wacu??????? ndumva ntanicyo irirushanwa rimaze uretse kujugunya amafaranga kandi uwateramo inkunga amatsinda adafite ubufashs

    Urumuntu wamugabo urakoze kubabwizukuri, ngirango abunva mwunvise nababwiye ko" UBUKANA BWIMBOGA BUTOSTA INKONO " uyu mukobwa nta bwiza afite namba.

    Hhhhhhhhhhhhhh nicyo mbakundira rwose mwivamo nk’inopfo ubwo ikamba nubundi uwo muzariha twaramumenye. Ikiza nuko mwidecraye hakiri kare ko miss w’abanyarwanda mutazamuha ikamba rye. Hhhh muyango yakoze akazi kose mbere. shaa miss rwanda nibashake bazayikureho kuko n’amanyanga gusa.

    Nimpamvuki atabatera igitutu nkumuntu ufite abafana benshi, ese abafana bagira kangahe ku ijana mukwambikwa ikamba ryanyampinga?

    Ntampamvu y’ Igitutu mukore akazi kanyu kd turabizeye.

    (agaciro peace=ishimwe dieudonne) ubu se wibeshye ko ndi umunyamahanga ibikorwa byose simbibona amabwiriza agenga ibikorerwa mu gihugu avuga niwowe na dieudonne mubigena ? niba se ari iteka mwashyizeho mwaretse kujya mutesha abantu umwanya mukajya mubigenera abo mwifuza n’igihe cyose mushakiye ?

    Ishimwe Rwose urakoze kubwiza abantu ukuri njyewe ndabyumva hundred percent

    Ark Abanyarwanda tuzagira Democracy mubintu bindi bitari politics ryari?

    Ubwo abanyarwanda Bashyigikiye Josiane Bose Dieudone ashatse kubagira 0
    Nonese kuki bashyiraho gutora Niba bidafite ishingiro?
    Josiane Niwe ukwiriye kuba Miss Afite ubwiza karemano budasize Mukorogo
    Afite mu mutwe kko asubiza Neza kdi agasubiza ibisubizo By’ubwenge
    Afite Umuco kko biranagaragara kuri twese
    Kuba mumushinja kutamenya icyongereza neza si Umwongerezakazi icyo avuga kirahagije gipfa kuba cyumvikana

    Ark Abanyarwanda tuzagira Democracy mubintu bindi bitari politics ryari?

    Ubwo abanyarwanda Bashyigikiye Josiane Bose Dieudone ashatse kubagira 0
    Nonese kuki bashyiraho gutora Niba bidafite ishingiro?
    Josiane Niwe ukwiriye kuba Miss Afite ubwiza karemano budasize Mukorogo
    Afite mu mutwe kko asubiza Neza kdi agasubiza ibisubizo By’ubwenge
    Afite Umuco kko biranagaragara kuri twese
    Kuba mumushinja kutamenya icyongereza neza si Umwongerezakazi icyo avuga kirahagije gipfa kuba cyumvikana

    Ariko jye ndumiwe burya abanyarwanda turacyafite ikibazo cy’imyumvure irimwo n’ubujiji bwinshi. Iyo bavuga Josiane wagirango niwe mukobwa wenyine uri muri ririya higanwa. Nimutuze ariya ni amarushanwa’ kereste Niba mushaka KO aguma wenyine bakaterura ikamba bakarimuha.Ibyo Dieudonné yavuze nibyo.

    Ubwo mumufata nkabandi muzamukuremo murebe ibibabaho ariko Josiane ko tuzi ibyo azakora naba miss bariya bandi bo ko ntacyo tuzi bazakora

    Ndumiwe kabisa, abanyarwanda bifuza josianne nukuvugako batareba kure se , ese kuki mushyiraho gutora hakoreshejwe sms myagiye mubyikorera“ GUSA NDABAMENYESHAKO IYI ARI INSHURO YANYUMA HATORWA MISS RWANDA, EJO UZABA UBWIRA UBWO ABATEGAGA AMARAMUKO MURI MISS RWANDA MUSHAKIRE AHANDI“

    ariko ko miss muba mumuzi mwagiye mu mushyiraho ntarushanwa ribaye ngo akayabo karinde kahashirira?

    Jewe ndumurundi nakurikiye kuva kera iri rushanwa rya miss rwanda2019 ,rero nagire mbaze nti ko mwavuzeko miss agomba kuba afite ubwiza,ubwenge numuco ese ayo majwi yabaturagi murayashakaho iki namba ataco afasha?iyo mico,ubwiza,nubwenge mwebwe ntimwovyirabira mutiriwe muragora abaturagi kaboneko naho bohitamwo uwo bipfuza muvugako atagaciro mubiha?cank nukugirango abaturagi babafashe kuronka uburyo buciye muri communication nayubundi amajwi yabo ntacavuze?muravuga nkaho umengo ivyo votes par sms ntaco bivuze ko mwebwe mufite ibindi mureba kumwigeme!ese mwagiye muvyikorera kugiti cyanyu ko mbona uvuzengo ivyabaturagi ntaco bimaze?ikivyemeza nuko mubwiza,umuco,nubwenge wavuze byose bishingigwaho baraba miss rwanda ntahagaragara amajwi yabaturagi!!

    ariko nkumuyobozi ntiyagakwiye kuvuga gutya pe kuko numubyeyi wacu president wa republica yariyamamaje turamutora atorwa kubwamajwi menshi yabaturage kuko twari tumukunze ndetse nibikorwa bye so iyo bitaba ibyo hari gutorwa ubonetse wese , ubwo rero ntimukirwe muta umwanya ngo muratora miss rwanda rwose mujye munoma ntamarushanwa abayeho

    Abenshi batora ni urubyiruko kandi mbona Bose bamushyigikiye, Hari abakeneye impinduka hakaba na babikora kubera umuhate yagaragaje bitewe n’amateka y’ubuzima bwe,hakaba n’abandi babikora bikinira ngo barebe uko bizarangira

    Mwiriwe neza rwose ibyo Dieudonne avuze ndabyemeye najye shyingikiye Josianne kuba yaritinyutse nintabwe ikomeye ariko ibyo sibyo byamuha kuba miss Rwanda. Miss Rwanda ifite amategeko kuba twaramukunze tukamutora akaba yaraturutwe mucyaro sibyo byajya hejuru yibyo amategeko avuga kuri miss Rwanda. ariko nimureke tureke kwitesha agaciro dutukana , abanyamakuru namwe nimureke kudushyushya imitwe cyane abo kuri you Tube nguvuze josianne murahita mushyushya inkuru maze abatukana nabo bave hasi kuvuga ko josianne ari mubi siko ahita aba mibi mureke twubahe indanga gaciro zacu. ikindi kandi abo bana bose na banyarwandakazi ,nibeza ,turabakunda ariko hazavamo umwe niwe uzahabwa ikamba. nimureke abanshyizwe miss Rwanda bakore akazi kabo kandi bakurikize amategeko natwe twihe agaciro.

    Ubundi rero muri qualities z,umuyobozi hazamo na sel f confidence, no kugira sang froid. Ubu se nk,uyu ibi byari ngombwa ko abivuga koko?🤔🤔🤔🤔🤔

    Ishimwe Dieu donne ,ibyo atubwira ntago byumvikana, ubwiza c ,avuga ninde utari mwiza kubari muri boot camp , ntawe udafite ubgenge,kandi ntawe udafite umuco,bose ni beza kuko imana yabaremye kimwe ,don’t insist your decision in that competition please everyone has a chance to get achieved
    On that final of miss Rwanda,Don’t attract the emmotional in that competition.

    Ishimwe Dieu donne ,ibyo atubwira ntago byumvikana, ubwiza c ,avuga ninde utari mwiza kubari muri boot camp , ntawe udafite ubgenge,kandi ntawe udafite umuco,bose ni beza kuko imana yabaremye kimwe ,don’t insist your decision in that competition please everyone has a chance to get achieved
    On that final of miss Rwanda,Don’t attract the emmotional in that competition.

    Ko iyi miss "Cogebank" iteye urujijo mwaretse kutirira igihugu cyangwa mukayihagarikira aho igeze ko ari ho mwaba mubaye abagabo! Biraruta.

    Ko iyi miss "Cogebank" iteye urujijo mwaretse kutirira igihugu cyangwa mukayihagarikira aho igeze ko ari ho mwaba mubaye abagabo! Biraruta.

    Naho muhera murya ruswa, singaye na Marie immacule wavuze ko miss Rwanda ntacyo yinjiza nukubera ayomarangamutima yanyu NGO ubwiza. Umwiza se udafite umuco utazagira aho ageza abanyarwanda yaba amaze iki? Muduhe miss abanyarwanda dushaka umushinga we ninyamibwa kandi ninawo reta irimo irwana nawo.

    nonese ibyo ninde wariwabibajije kuburyo bajya kuvuga NGO ntibatewe igitutu nawe kuba wafata microphone ukavuga uganisha kumuntu urimurinyampinga bisobanuyeko nawe ubona ubudahangarwa bwe bwaguteye ubwoba nonese abo ba miss bose yavuze aho haruguru ninde wahawe imodoka atatsinze cg ninde wemerewe inka atafashe ikamba cg ninde winjirije miss Rwanda nka josiane nabo baramutinye kuko josiane iyo aza kuvamo mbere ubu niryo rushanwa ryabo ntawe uba ukiryitayeho guhera miss rwnda yatangira kubera josiane abahanzi baramuririmbye biteye ubwoba ikindi nibenshi bakoze ibikorwa biburizwamo kubera uwo mukobwa benshi baje murwanda mubitaramo ntibamenyekana ndetse harinabatinye kuririmba ngo basohore irirushanwa ritararangira

    Ddonne tugusabye ko isura subwo miss.miss ni All actions ningombwa ko judge être profitioner

    Ooooh ooooh eeeeeeeee niyo mpanvu ndavyunvise bazana abiwabo akaba aribo bashiramwo. Mbega muri barya uwutari mwiza ninde??? Uuuuuuuuu ngo mu Rwanda nta Ruswa yooiiiii Ruswa barayiriye vyavuzwe keeeera Muyango yarayitanze muzoraba ko atariwe aba miss

    Ese ko numva uyu mukobwa Josianne yateje ikibazo muri miss rwanda zose zabayeho? ndashaka kubaza abo bategura miss rwanda ikibazo1 gusa: ko muvugango abafana ba josiane ntibabatera igitutu ngo atorwe, Gutora Hakoreshejwe SMS Voting bimaze iki muri miss rwanda? Ahubwo mubigaragara buriwese aba ashaka kwikuriramo inyunguze bwite zitari iz’igihugu muri rusange.
    Ayamafaranga tutakaza dutora ababakobwa asobanura iki muri miss rwanda? Umusaza ( KAGAME) Yaravuze ngo< utazi iyo ava ntamenya iyo ajya>. 1.JOsiane umushingawe ni indashyikirwa kuko azi akababaro ka bariya bana bo mubyaro
    2. Josianne ni umunyarwanda kazi w’ujuje byose kdi ni mwiza.
    3. Josiane ni Umuhanga kdi arakunzwe murwanda no hanze yarwo.
    4.N’ibindi byinshi byumumaro twamubonanye
    Nyakubahwa Dieudone ndagusaba kutagaragaza amarangamutima yawe muri miss rwanda kuko abo bakobwa bose bo mumigi mutora nibeza koko, ariko niba baravutse babona ibyiza gusa ntibazumva uburemere bwabatarabibonye,
    Joziane abizi byose ibyiza nibibi. Naho igitutu uvuga , ahubwose kitaguteye gushishoza ngo muzatore uzagirira urwanda umumaro mwaba mukoze iki?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa