skol
fortebet

Johnny Clegg umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika y’Epfo wamamaye cyane mu ndirimbo ‘Asimbonanga’ yitabye Imana[AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 17, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Johnny Clegg umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika y’Epfo n’ahandi hatandukanye muri Afurika no ku isi, yaraye atabarutse ku myaka 66, azize indwara ya kanseri y’impindura (“pancréas”.

Sponsored Ad

Benshi bakundaga kumwita ‘white Zulu’, azwi cyane kubera muzika ye yarwanyaga politiki y’ivangura ya Apartheid mu bihe byari bigoye kuririmba kuri iyo ngingo.

Johnny asize umugore we bari bamaranye imyaka 31 n’abahungu babiri Jesse na Jaron. Ronny Quinn wari umaze imyaka myinshi ahagarariye ibikorwa bye bya muzika ni we watangaje urupfu rwa Jonny.

Johnny yaririmbye mu mihango yo guherekeza umukambwe Nelson Mandela, yanabashije kwiga kuvuga no kuririmba mu rurimi rw’iki-Zulu, umuziki we uramamara cyane mu Banyafurika y’Epfo ndetse no mu bantu benshi muri Afurika.

Yamamaye cyane mu ndirimbo ze zuje ubutumwa nka ‘Asimbonanga’ (yaririmbanye na Savuka), ‘Scatterings of Africa’, ‘Africa’, ‘Ibhola lethu’ n’izindi zizakomeza kwibuka ibihe byose.

Ibitekerezo

  • Imana ikwakire mubayo, natwe tuzahora tukwibuka RIP😥

    Njye nababaye kubera John. Imana imwakire mubayo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa