skol
fortebet

Karasira Aimable uzwi nka Professor Nigga yavuze uburyo kuba yaraje ku isi ari igihano yahawe anibasira bikomeye ShaddyBoo na Nsengiyumva uzwi nk’Igisupusupu[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 13, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

Karasira Aimable wahoze witwa Professor Nigger yahishuye uburyo nta mugore ateganya kuzana, yicuza impamvu yavutse akaba ari ku Isi ahora ashengurwa n’agaciro Shaddy Boo n’Igisupusupu bahabwa.

Sponsored Ad

Karasira yatangaje ko abantu benshi cyane bakunze kumubaza impamvu atazana umugore, gusa kuri we ngo biterwa n’impamvu nyinshi harimo no kuba ari igihe kitaragera.

Professor Nigga wamamaye mu Rwanda ubwo yigishaga muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda yagize ati: “Abantu benshi cyane bakunze kubimbaza gusa igihe ntikiragera, nikigera nzamuzana uretse ko hari amategeko tugenderaho. Rimwe na rimwe ikintu gituma umuntu azana umugore ni ukubyara ariko njyewe sinzi impamvu y’ubuzima yatuma muzana.”

Ubwo yaganiraga na Isimbi Tv Yakomeje avuga ko uretse kuba atazi impamvu y’ubuzima yatuma azana umugore, ngo imyumvire iramutse ihindutse yazana umugore.

Yagizs ati: “Imvumvire nihinduka nkabona isi ibaye nziza kuko nta kintu na kimwe mbona ko ari cyiza ku isi, nzamuzana uretse ko mu myemerere yanjye nta mwana nteganya gusa wenda hari igihe nzahinduka ntawamenya. Ariko na none hari abo mfataho urugero kuko nka Yesu nta mugore yigeze ndetse no muri Bibiliya Pawulo yavuze ko kuzana umugore ari byiza ariko kutamuzana ari byiza kurushaho.”

Karasira kandi yicuza impamvu yaje ku Isi ndetse abifata nk’igihano Imana yamuhaye kuko asanga ku Isi nta kuri kurimo, ndetse ngo ahuye n’Imana yayibaza impamvu.

Yagizs ati: “Njyewe nabonye ko kuza ku isi ari nk’igihano ndetse ndabyicuza ariko na none nta ruhare nabigizemo. Mbonye Imana nayibaza impamvu; nk’uko ishobora byose, yagombaga kutwiyereka kuko ibi ni igitugu cyo kudushyira ku Isi nta ruhare umuntu abigizemo, ni na yo mpamvu abantu bose bagomba kuzajya mu ijuru.”

Uyu mugabo utaripfana yahishuye ko ababazwa cyane n’uwabaye umwamikazi w’imbuga nkoranyambaga cyane Instagram mu Rwanda, ShaddyBoo n’umuhanzi uzwi nk’IGISUPUSUPU, aho avuga ko abantu bose aribo bakurikirana bareba ibyo bakoza kuri murandasi nk’aho bagakurikiranye umuhinzi wa mbere cyangwa umworozi nka bimwe ubukungu bw’igihugu bushingiyeho.

Yagize ati "Nukuri ubu nanjye mbigiyemo,ntazagire feedback anshyiraho,simuzi,ariko ni icyerekana Societe yacu,ubwenge ni Igisupusupu ni ShaddyBoo,twakagize Views nyinshi ku muhinzi wa mbere wa kijyambere,u Rwanda rushingiye ku Buhinzi n’Ubworozi n’imyuga na Tourisme,ariko Views zose ziri kuri ShaddyBoo,ntabwo ziri ku muhinzi n’umworozi ngo turwanye inzara n’imirire mibi".
Uretse ibyo kandi, Karasira yumva nta mpamvu yo gutinda ku Isi mu gihe umuntu amaze gukora ibisabwa. Kuri we ngo kwiyahura biramutse byemewe mu mategeko ya leta kandi azi neza ko biri bukunde yabikora aho guhora yicuza impamvu ari ku Isi.

Ibitekerezo

  • Uyu mujyama arasobanutse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa