skol
fortebet

KNC yemereye akazi keza Mwiseneza Josiane wakunzwe cyane muri Miss Rwanda 2019

Yanditswe: Monday 28, Jan 2019

Sponsored Ad

Umushoramari mu itangazamakuru Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC usanzwe ari nyiri Radio na TV1 yamaze gutangaza ko yemereye akazi keza Mwiseneza Josiane watowe nka nyampinga wakunzwe kurusha abandi muri miss Rwanda 2019.

Sponsored Ad

KNC usanzwe ari umushabitsi ukomeye,yavuze ko yiteguye guha akazi keza Mwiseneza Josiane,amusaba kubanza yaruhuka gatoya nyuma y’akazi katoroshye we na bagenzi be bamaze iminsi barimo mu mwiherero wa Miss Rwanda.

Yagize ati “Icyo nabwira Mwiseneza Josiane ni uko mufitiye akazi.Namubwira ngo nabanze ajye mu rugo aruhuke,naboneka azaze tumuhe deal nziza.”

KNC uheruka gutangaza ko Mwiseneza nadatwara ikamba rya Miss Rwanda 2019 azarimwiyambikira,yahisemo kumuha akazi keza kugira ngo azabashe gukora neza umushinga we wo kurwanya igwingira ry’abana bato.

KNC ntiyigeze avuga ubwoko bw’akazi azaha Mwiseneza Josiane gusa mu kiganiro cya mu gitondo yagiriye kuri Radio na TV1yemeje ko ari akazi keza kazamuteza imbere.

Mwiseneza Josiane ntiyashoboye kugera mu bakobwa 5 bavuyemo nyampinga w’u Rwanda, wabaye Nimwiza Meghan wari wambaye nimero 32.

Mwiseneza Josiane yatowe nka Nyampinga wakunzwe cyane kurusha bagenzi be nyuma y’urukundo rudasanzwe yeretswe n’abanyarwanda.

Ibitekerezo

  • KNC ni umusaza

    knc Imana iguhe imigisha kubwigitekerezo wagize kuri josiane

    KNC ni umusaza

    Imana izakomeze imufashe natwe tuzamufasha uko bishoboka

    OK.Jyewe nishimiye uko byagenze.JOSIANE ntabwo yari akwiye kuba Miss Rwanda kubera ko byamunaniye gusubiza mu Cyongereza.Urugero,aho kuvuga ko afite Certificate ya Secondary School,yavuze ko afite Diploma.Ntabwo azi ko Diploma ari iy’ikiciro cya mbere cya University (Baccalaureat).Gusa jyewe nk’umukristu,nifuza ko Nyampinga nyawe yaba umukristu nyakuri,utinya Imana kandi uyikorera.Akenshi usanga ubaye Nyampinga yigira mu byisi (gushaka amafaranga,kwiyandarika mu bo yita “boy friend,etc…).
    Niba mugirango ndabeshya,muzabaze ubuzima bwa Bahati Grace (Nyampinga 2009) na Akiwacu Lacolombe (Nyampinga 2014),nyuma yo kubona ikamba.Usanga Miss Rwanda ari Ticket yo kwiyandarika.Nanjye numva Leta ikwiye kubireka.Ntacyo bimaze.Ni ukwigana abahuzungu gusa.

    Dushimiye cyane umuyobizi wa TV na Radio 1 KNC kugikorwa gikomeye akoreye miss Mwiseneza Josiane wabaye nyampinga wakunzwe nabanyarwanda benshi mu i rushanywa rya miss rwanda 2019.

    Hari imyumvire ikiri kure nk’ukwezi. Uvuga ko diplôme y’abarangije secondaire itabaho ntzi ko zabayeho ndetse no mu bindi bihugu zikiriho? Erega wasanga ino bararazise certificat bamaze kubona ko ireme ry’uburenzi riri muro coma aho hari barangiza ay’isumbuye, yewe na kaminuza, badashobora kwandika ibaruwa isaba akazi, ururimi urwo ari rwo rwose bakoresha. Uwavuze diplôme ya secondaire ntiyibeshye rero. Biterwa n’imyumvire y’umwumva

    Ariko ubu si ubwirasi.Hanyuma se kuba yaragerageje gusemura uko abyumva yabizira.......icyerekana ko ari umuhanga n’ubwo yize muri aya masecondaires atari aya aza kigali yageretseho ngo "A2" ahubwo ndumva wowe nyir’ukubyumva ari wowe utarakurikiye kubera akabazo wari wigitiye sinzi.Kandi njye ndi proud ya Josiane nibura yanze kuryamisha ubumenyi afite!!!!Ese wowe upinga ukora ibiki ra?Reka umwana amadirishya y’umugisha amufungukire usigare usobanuza ahubwo!!!

    Ubu se Gatera aba avuze ngo bariyandaritse abibwirwa na nde?imyumvire iragwira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa