Miss Gisabo yasubije umufana we wamubajije aho ikibuno cye cyagiye
Yanditswe: Wednesday 14, Nov 2018
Miss Gisabo yasubije umufana we ko ikibuno cye yagitije mubyara we uherutse gushyingirwa ngo kugera ntarakimutirurira.
Kuri uyu wa Kabiri 13 Ugushyingo 2018 , Miss Uwase Hirwa Honorine [uzwi nka Igisabo] yagiranye ikiganiro n’abafana be kuri instagram ababwira ko bamubwira bimwe mu bintu biri kumuvugwaho hanze.
Bamwe mu bafana be bamubwiye ko avugwaho kuba ari umukobwa usabana nawe abashimira avuga ko asabana abandi bamubwira ko ngo agoye mu guteretsa kuko benshi batazi umusore mwiza kuri we abasubiza ko atari yagera igihe cyo guhitamo umukunzi nyawe undi mufana we yaje amubwira ko bivugwa ko igisabo cye cyagihe [Ikibuno]maze mu gisubizo amubwira ko yagitije mushiki w’uwo musore ko kugera magingo aya atarakimugarurira
Umusore yagize ati “Numva bavugango igisabo cyaragiye."
Miss Gisabo nawe ati” wincokoza […]uraziko mperuka kugitza mubyara wawe uherutse gushyingirwa ntiyagitirura.”
Mu kiganiro yakomeje agirana n’abafana be benshi bagiye bamubwira byinshi mubyo abantu bamwibazaho gusa bimwe mu bisubizo yabahaga yabashimiraga ndetse ababwira ko ari umukobwa wigirira ikizere muri buri kimwe.
Uwase Hirwa Honorine ni umukobwa wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kubazwa n’akanama nkemura mpaka ka Nyampinga w’ u Rwanda ibintu biranga umunyarwandakazi maze nawe mu gisubizo gitomoye ababwira ko agomba kuba ateye nk’igisabo izine rimwitirirwa uko ubu yitwa Miss Gisabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *