Mwiseneza Josiane yagiye kuri Radiyo ategerezwa ku muryango wayo n’abantu baruta abahaje baje kureba Diamond Platnumz[AMAFOTO]
Yanditswe: Thursday 10, Jan 2019
Mwiseneza Josiane umukobwa uri muri 20 bari guhatanira ikambarya rya Miss Rwanda 2019 abanyarwanda batari bake bakomeje kumwereka uburyo bamushyigikiye kugeza ku munsi wa nyuma w’irushanwa rya Miss Rwanda 2019.
Josiane yatunguranye ubwo yari ari gukorana ikiganiro n’umunyamakuru kuri Radio ya Isango Star aho ku muryango w’iyi Radio ikorera mu isoko ryo mu mujyi rwagati hari huzuye abantu batagira ingano,umunyamakuru yagereranyije n’abari bahari ubwo yakiraga Diamond Platnumz nabwo avuga ko b’abaruta.
Ifoto Umunyamakuru yashyize hanze y’abantu bari bategereje kureba Josiane
Umunyamakuru uzwi ku izina rya Phil Peter abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram yashyizeho ifoto y’abantu bategerereje hanze Josiane bashaka kumubona,aho yagize ati "Done The Interview with @Josine ariko abantu bahagaze hanze bamutegereje ni benshi cyane baruta abaje kwakira Diamond hano dukorera ku isoko".
Ibitekerezo
Ariko tujye twemera ko abanyarwanda tuzi gushyuha. Uyu Josiane wahagurukije abantu n’iki afite kidasanzwe ? Josiane ni umunyarwandakazi kimwe n’abandi ba miss bari kumwe mumarushanwa ntakidasanzwe cyatuma mumutesha umutwe.