skol
fortebet

Mwiseneza Josiane yamaze kugura imodoka mu mafaranga yahawe na Mimi Mirage [AMAFOTO]

Yanditswe: Sunday 24, Mar 2019

Sponsored Ad

Miss Popularity 2019,Mwiseneza Josiane yamaze kwinjira mu Banyarwanda batunze imodoka ye bwite nyuma y’amafaranga yahawe n’umunyamideli Mimi Mirage uba mu gihugu cy’Ububiligi wamufanye cyane ubwo yari mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019.

Sponsored Ad

Mu kiganiro kirambuye yagiranye n’ikinyamakuru Ukwezi dukesha iyi nkuru,yagitangarije ko yamaze kugura imodoka yo kumutwara mu buzima bwa buri munsi nyuma yo guhabwa envelope irimo amafaranga yahawe n’umunyamideli Mimi Mirage.

Hashize ukwezi Miss Josiane aguze imodoka ye bwite,yo mu bwoko bwa Toyota Avenvis, ifite ibara ry’umukara, ikaba itwarwa n’umushoferi witwa Uwikunda Elysée.

Miss Josiane yavuze ko amaze iminsi azenguruka u Rwanda mu bukangurambaga ku ndwara ya Ebola kuko nabyo bifite aho bihuriye n’umushinga we ariko ngo ntabwo bisobanuye ko umushinga we wo kurwanya igwingira n’ imirire mibi mu bana yawuretse.

Mwiseneza Josiane yatangaje ko we na Mimi Mirage bakomeje gutegura igitaramo cyo guhura n’abafana be,batumiyemo umuhanzikazi Tiwa Savage wo muri Nigeria aho yemeje ko mu minsi iri imbere azatangaza italiki iki gitaramo kizaberaho.




Mwiseneza Josiane yamaze kugura imodoka ye bwite

Ibitekerezo

  • Byiza cyane. benshi ahubwo tuzajya tuyiha amavuta ku buntu.

    Koyafuze imodiko Ishaje bahu

    Mwiseneza,tukurinyuma Kandi. Ibitekerezo,byawe. Turabishyigikiye!

    Yego, ni byiza burya kwigira gutwara imodoka ku ishaje. Ariko rero, si kimwe no kugenza amakanya ugenda urimbura amabuye nayo akuvanamo inzara. Yigishe (ndavuga Josiane) benshi kwitinyuka. Iyo atiyemeza kwinjira muri Miss RWANDA ubu aba akiri muri babandi bavuga ngo ye baba nzaba uwande. Ubu iwabo kwivuko baramuririmba. Ntibazongera kuvuga ngo uyu ni wa mukobwa duturanye wagiye guhatana? Ahubwo agiye kujya abaha umunyenga muri AVENSIS. Kwitinya biragatsindwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa