skol
fortebet

Mwiseneza Josiane yashyikirijwe amafaranga yo kugura imodoka yemerewe n’umunyamideli

Yanditswe: Tuesday 05, Feb 2019

Sponsored Ad

Mwiseneza Josiane wamamaye cyane mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 yashyikirijwe amafaranga yo kugura imodoka n’umunyamideli Mimi Mirage utuye hanze y’u Rwanda.

Sponsored Ad

Nyuma yo kwishimira ubutwari bwa Mwiseneza waturutse I Karongi akitabira irushanwa rya Miss Rwanda ryari ryarihariwe n’abakobwa bakomoka mu mujyi wa Kigali gusa,Mimi Mirage yemereye Mwiseneza imodoka biramugora kuyimugezaho ariko kuri ubu yamaze kumwoherereza amafaranga yo kuyigura.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Gashyantare 2019, nibwo Mwiseneza Josiane wabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019 yashyikirijwe amafaranga atatangajwe umubare yo kugura imodoka igomba kugurwa vuba.

Muhayimana Samuel, musaza wa Miss Mwiseneza, yabwiye Ikinyamakuru Isimbi.rw dukesha iyi nkuru ko mushiki we yifuza kugura imodoka ya Toyota, ngo byaba byiza ibaye ifite irangi ry’umukara.

Mwiseneza yashyikirijwe Sheki mu muhango wabereye mu mu iduka ry’imyenda n’inkweto rya Mimi Mirage, rizwi nka MIMI’z riherereye mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya MIC (Muhima Investimeny Corporation) rya Mimi Mirage wayimwemereye.




Mwiseneza afashe enveloppe irimo akayabo yahawe

Ibitekerezo

  • Merci Mimi Mirage.

    Kurujyejuru Miss wacu n’ibindi bizaza kbsa gusa uzagure imodoka isumba iya Miss Cogebanque

    Ndishimye cyane kubona uyu mudamu yubahirije amasezerano.Jyewe nk’umukristu,ndisabira Josiane gushaka Imana cyane,agashaka umuntu bigana Bible,kugirango amenye neza icyo Imana idusaba.Icyo nishingiye Josiane,nuko nzamushakira uwo muntu bazigana Bible kandi ku buntu,ndetse azajya asanga Josiane aho atuye.Kwiga neza Bible nkuko Imana ibidusaba,bizatuma abantu bakunda Imana babona Ubuzima bw’iteka muli Paradizo,ndetse Imana ikazabazura ku munsi wa nyuma nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6:40.
    Kugira Imodoka,Amafaranga,Amazu,etc...,ni byiza cyane.Ariko ntitukibagirwe ko dusaza,tugapfa,tukabisiga.Iyo utashatse Imana ukiriho,Bible yerekana ko uba utazazuka ku munsi wa nyuma.
    Soma Abagalatiya 6:8.Nkuko Yakobo 4:4 havuga,iyo wibera mu byisi gusa,ntushake Imana,igufata nk’umwanzi wayo.

    Amarira yanyishe,gusa icyo nsaba nuko buried munyarwanda wese yashimira Mimi mirage

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa