skol
fortebet

Nari mu rujijo kubona mama adashobora kugenda- Diamond Platnumz

Yanditswe: Monday 02, Nov 2020

Sponsored Ad

skol

Umuhanzi Diamond Platnumz ku nshuro ye ya mbere yatangaje ko mu mpera z’umwaka wa 2013 nyina Sandra Sanura Kassim uzwi ku izina rya Mama Dangote yararwaye cyane ku buryo yari amugaye.

Sponsored Ad

Mu kiganiro kuri Wasafi FM, Platnumz yavuze ko yagombaga gutwara Mama we mu Buhinde kugira ngo avurwe, igikorwa kikaba cyarahenze cyane kubera ko icyo gihe atari afite ubwishingizi bwo kwivuza.

Umuyobozi mukuru wa Wasafi yongeyeho ko buri gihe yishimira kubona nyina agenda kandi afite ubuzima bwiza kuko ikibazo cy’ubwonko yagize muri 2013 cyamuteye urujijo. Yashimiye kandi uwashinze Clouds Media Group akaba n’umufatanyabikorwa we mu bucuruzi, Joseph Kusaga, kuba yaramufashije muri kiriya gihe. Diamond Platnumz ati:

Muri 2012/2013 mama (@mama_dangote) yagize ikibazo cy’ubwonko kandi byabaye ngombwa ko ajyanwa mu Buhinde kugira ngo avurwe.

Nari mu rujijo cyane, bwari ubwambere mbona Mama atagenda, ntabwo yavugaga, noneho ibiciro n’ibyo gukoreha kugeza ubonye Mama Dangote ameze neza ntibyari byoroshye.

Twagendanye na we mu Buhinde aho yamaze hafi ukwezi, ajyana na Sallam, Marume na Mama wanjye muto, amafaranga ninjije muri kiriya gihe ntabwo yari Umuziki, sinzi ko bizaza.

Ariko ndashimira kandi umuyobozi w’itangazamakuru rya Clouds Joseph Kusaga kuba yarampaye indege yo kujya mu Buhinde

Mu myaka yashize, Chibu Dangote yerekanye ko afitanye umubano ukomeye na nyina kandi ahora yibutsa urugamba bahuye narwo.

Muri Gicurasi uyu mwaka, uyu musitari wa Bongo Flava, yagiye hanze ashishikariza nyina kwishimira ubuzima no kubaho mu buryo bwuzuye, avuga ko yanyuze muri byinshi kugira ngo amurere. Ati:

Kurya ubuzima mama, Wagize ikibazo cyo kundera kugeza uyu munsi kugira ngo ngere hano … umunezero wanjye ni ukubona wishimye 🙏.

Mama Dangote azwiho kuba inkingi ikomeye mu buzima bwa Diamond, umubyeyi ukomeye inkunga ye yamuyoboye mu gukora umuziki we.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa