Reba amafoto agaragaza inyubako y’ igikomangoma Harry atuyemo n’umufasha we Meghan
Yanditswe: Friday 25, May 2018
Harry n’umufasha we Meghan bafite inyubako igezweho iherereye I Kensington Palace barimo kubamo mu gihe banitegura kuza mu kwezi kwa buki mu bihugu By’Africa, aho binavugwa ko bashobora kuzasura igihugu cy’U Rwanda basanzwe bakunda.
Igikomangoma Harry na Meghan Markle bakoze ubukwe mu mpera z’icyumweru gishize kuwa19 Gicurasi 2018 ,mu Mujyi wa Windsor ho mu bwongereza ntibuzigera bwibagirana uko byagenda kose.
Imihango yo gusezerana imbere y’imana yabereye muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George, basezeranywa na Reverend David Conner hanyuma mu kwambikana impeta bayobowe na Archbishop wa Canterbury witwa Justin Welby ari na we wabatije mu buryo bw’ibanga Meghan Markle.
Ubu bukwe kandi bwitabiriwe n’abantu bafite icyubahiro ku Isi, nk’Umwamikazi w’u Bwongereza,barimo Prince William, Idris Elba, Serena Williams, Oprah Winfrey, David Beckham , abaririmbyi bo muri Spice Girls, Elton John, abakobwa bakundanyeho na Harry barimo Cressida Bonas na Chelsy Davy, Jessica Mulroney, Priyanka Chopra, Misha Nonoo n’abandi benshi.
Reba inyubako magingo aya batuyemo
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *