skol
fortebet

Reba ibyo Anita Pendo yatangaje ku mwana wa kabiri agiye kubyara[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 30, Jun 2018

Sponsored Ad

skol

MC Anita Pendo, umwe mu bagore bakora imirimo inyuranye mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje byeruye ko agiye kubyarana na Ndanda Alphonse umwana wabo wa kabiri.

Sponsored Ad


Uyu munyamakuru akaba n’umushyushyarugamba uzwi cyane mu Rwanda yemeje aya makuru amaze iminsi acicikana,yifashishije urubuga rwe rwa Instagram.Ubu butumwa Anita akaba yabusohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 30 Kamena 2018, buri kumwe n’ifoto imugaragaza yambaye umwambaro w’ikanzu nini y’umutuku wijimye, yicaye mu ruganiriro ndetse akaboko kamwe gafashe ku nda akandi gakora ku itama,maze atangaza ko ashimira Imana yamuhundagajeho imigisha kuri ubu akaba ategereje kwibaruka undi mwana.

Yagize ati :“Nta gihunga, nta guhungabana, nta maganya, ahubwo ndavuga imirimo Imana ikora ndetse no gukomera kwayo. Ndagutegereje kibondo cyanjye. [Akurikizaho utumenyetso tw’imitima ibiri n’akagaragaza umugore utwite]”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa