skol
fortebet

Rocky Kirabiranya na Junior basobanura Filimi basubije ababashinja kwiba filimi zo mu mahanga

Yanditswe: Friday 08, Feb 2019

Sponsored Ad

Abahanga mu gusobanura Filimi mu Rwanda bakunzwe cyane barimo Rocky Kirabiranya na Junior banyomoje amakuru yavugaga ko biba filimi zo mu mahanga bakazisobanura mu Kinyarwanda nta burenganzira bahawe gusa bo bemeje ko baba bavuganye na ba nyiri ukuzisobanura.

Sponsored Ad

Rocky umaze kwigarurira imitima ya benshi mu bakunzi b’agasobanuye we na mugenzi we Junior basubije Mazimpaka Jones Kennedy uri mu bakuriye Sinema Nyarwanda wabashinje kwiba filimi z’amahanga bakazishyira mu Kinyarwanda, ko mbere yo gusobanura Filimi babanza kuvugana na ba nyirazo ndetse ko ibivugwa ko babangamira izikinirwa mu Rwanda atari byo ko ahubwo nabo bakabashimiye ko bateza imbere u Rwanda.

Rocky yagize ati “ Impamvu Kennedy avuga gutyo ni uko hari ibyo ashinzwe muri Sinema nyarwanda.Si umuvugizi wa Hollywood,Bollywood,ntabwo azi uko nkorana nabo.Nta nubwo azi uburyo tugana na ba nyiri ibihangano kuko nyiri igihangano niwe ukurikirana igihangano cye.Kennedy yakoze mu gihe cya kera igihe itumanaho ryari ritoroshye,bigoye kuvugana n’abantu bo hanze ndetse agakora filimi zabo batanabizi.Ubu ibintu byaroroshye,wavugana n’uwari we wese ku isi,si ngombwa ngo ujyeyo.Umwishyurira Online gusa bo baratwishakira.

Junior yamwunganiye agira ati “Hari abantu bakwandikira ngo muzadukorere filimi iyi niyi ariko iyo tutavuganye na ba nyirayo ntidushobora kuyikora.Dukora filimi zose tubona ari nziza ariko iyo utavuganye na nyirayo ntiwayikora.Kennedy yasobanuye Filimi ba nyirazo batazi ko abaho ariko twe barabizi ko turiho.

Rocky Kirabiranya na Junior batangarije ikiganiro Sunday Night cya Radio na TV isango Star ko bo na bagenzi babo basobanura filimi, bameze nk’uko uruganda rwa Volkswagen ruzana ibikoresho bitandukanye by’imodoka mu Rwanda bakabiteranya imodoka ivuyemo ikitwa Made in Rwanda ndetse asobanura ko kuba bahindura filimi mu Kinyarwanda bivuze ko izo basobanuye zakiswe Made in Rwanda ndetse uzanye idasobanuye mu Kinyarwanda akabihanirwa.

Junior Yagize ati “ko uyu munsi dufite imodoka zikorerwa mu Rwanda,ruriya ruganda ni urw’Abanyarwanda?.Bazana ibikoresho hanze bakaziteranyiriza mu Rwanda imodoka ivuyemo ikitwa Made in Rwanda.Natwe dukura Filimi hanze tukazisobanura mu Kinyarwanda kuki bitakwitwa Made in Rwanda.

Rocky yamwunganiye ati “Mbona ikintu abakuriye Sinema mu Rwanda bakora ni uko batakongera kwemera ko filimi idasobanuye mu Kinyarwanda yinjira mu gihugu kuko izacu ni made in Nyamirambo,Made in Gisozi,Made in Gatsata kwa sheriff.

Rocky Kirabiranya na bagenzi be bamaze kubaka uruganda rw’Agasobanuye rutunze abantu barenga ibihumbi 3000 mu Rwanda no hanze yarwo gusa bafitanye amakimbirane n’abahagarariye Sinema nyarwanda babashinja kubicira isoko.

Ibitekerezo

  • Kureba agasobanuye

    Agasobanuye

    Kureba film zisobanuwe neza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa