Shaddy Boo ngo ntiyizeye ko azongera gushaka umugabo
Yanditswe: Wednesday 31, Oct 2018
Kuri uyu wa Mbere nibwo Mbabazi Shadia uzwi nka ShaddyBoo yahaye umwanya abafana be kugira ngo bagire ibibazo bamubaza ,mu bibazo bitandukanye yabajijwe benshi bakomoje ku buzima bwe bwite aho umwe mu bamukurikira kuri Instagram yamubajije niba atekereza kuba yakongera gushaka umugabo, mu gisisubizo cya ShaddyBoo yamubwiye ako atabyizera ko byakongera kubaho.
Yagize ati “hmm! Simbyizera.”
Abajijwe umubano wihariye afitenye na Diamond ndetse na Davido yongeye guhamya ko bose ari inshuti ze zisanzwe ntakindi kibyihishe inyuma ,mu bindi yabajijwe harimo nk’ikintu akunda cyane mu buzima bwe asubiza ko ari urubyaro rwe abajijwe ibyo akunda kurya yo ari mu rugo yavuze ko akunda kurya Salade cyangwa spaghueti Bolognese ndetse no kunywa amazi.
Twakwibutsa ko ShaddyBoo kuri ubu ari umugore w’abana 2 aho yabyaranye na Meddy Saleh uzwi mu gutunganya amashusho y’abahanzi , aho kuri ubu batandukanye buri wese akiyemeza kubaho mu buzima bwe bwite gusa bagahuzwa n’abana.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *